{"id":9220,"date":"2022-11-10T18:34:00","date_gmt":"2022-11-10T16:34:00","guid":{"rendered":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=9220"},"modified":"2022-11-11T13:59:07","modified_gmt":"2022-11-11T11:59:07","slug":"interpeace-yishikirije-rcs-inyubako-yishuri-izigishirizwamo-imyuga-abantu-bafungiye-mu-igororero-rya-bugesera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=9220","title":{"rendered":"INTERPEACE yashyikirije RCS inyubako y\u2019ishuri rizigishirizwamo imyuga inyuranye kubantu bafungiye mu igororero rya Bugesera"},"content":{"rendered":"\n<p>Uyu muhango witabiriwe na Komiseri mukuru w\u2019Urwego rw\u2019U Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, CGP Juvenal Marizamunda, hamwe n\u2019izindi nzego zitandukanye harimo iz\u2019umutekano n\u2019inzego zibanze, aho n\u2019umuyobozi w\u2019akarere ka Bugesera yawitabiriye ndetse n\u2019ushinzwe guteza imbere ubumenyi muri Rwanda TVET Board ikigo gishinzwe guteza imbere imyuga n\u2019ubumenyingiro ishuri ryubatswe mu rwego rwo guha abagonganye n\u2019amategeko ubumenyi babategura gusubira mu buzima busanzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Sebazungu Bonavanture umwe mu bagororerwa mu Igororero rya Bugesera akaba n\u2019umunyeshuri wigira muri iryo shuri,yavuze ko ubumenyi azahakura buzamubera umusingi w\u2019iterambere.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d ubumenyi nzakura muri iri shuri ry\u2019umwuga buzamfasha kwiteza imbere kuko bizatuma mbona akazi ndetse nibiba na ngombwa nihangire umurimo kuko ubumenyi nzaba mbufite kandi mfite n\u2019ikibigaragaza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Nisingizwe ugororerwa ku Igororero rya Bugesera nawe aravuga ko ubumenyi ari ingirakamaro ku muntu ubufite ko ishuri riziye igihe.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d iyo ugize amahirwe akabona ubumenyi ntabwo wabutesha agaciro, turashima Leta y\u2019U Rwanda idahwema kwita ku baturage bayo kuko ubu bumenyi utapfa kububona utishyuye ariko twe nta kiguzi batwaka, iri shuri navuga ko riziye igihe kandi twizeye ko rizadufasha mu kwiteza imbere mu bumenyi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvugizi w\u2019urwego rw\u2019u Rwanda Rushinzwe Igorora Pelly Uwera Gakwaya, yavuze ko ubu nta gereza igihari ari Amagororero.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cgahunda ihari ni ukugorora ntabwo ari ugufunga, duhitamo abasigaje igihe gito kuko aribo baba bagiye kujya mu buzima bwo hanze ariko ku bwacu bose bakabaye biga ariko abafitemo igihe kinini baba bagifite umwanya wo kwiga.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Uwimana Eugene ushinzwe guteza imbere ubumenyi muri Rwanda TVET Board yavuze ko ubumenyi bakura mu magororero bumeze kimwe n\u2019ubwo abandi bose bari hanze babona.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dubumenyi abantu bari mu magororero babona ndetse n\u2019impamyabumenyi bahabwa byemewe ku rwego rw\u2019igihugu, bungana n\u2019ubwo abandi bose bari hanze babona, iyo umuntu asoje ibihano ashobora no kujya guhatana ku isoko ry\u2019umurimo cyangwa bakihangira umurimo, ndetse tunabahuza na BDF bakaba bahabwa ubufasha bakiteza imbere kuko hari benshi twagiye dufasha atari abambere dukoranye, leta ku bufatanye n\u2019abandi bafatanyabikorwa izagenda ishyiramo ingufu kugira ngo uru RCS ikomeze gutera imbere mu kugorora kandi bizanabafasha kwiteza imbere mu buzima bazaba batangiye kuko benshi usanga barakoze ibyaha bitewe nuko ntakintu bari bafite cyo gukora.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Kayitare Frank Umuyobozi wa INTERPEACE yashimiye umuryango w\u2019ubumwe b\u2019uburayi nkumuterankunga.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201c ndashimira ubufatanye tugirana na RCS ndetse n\u2019abandi bose dukorana, nshimira kandi umuryango w\u2019ubumwe bw\u2019uburayi ku nkunga udahwema kudutera mu bikorwa bitandukanye, kugira ngo umuntu agire ubumenyi umuha mbere na mbere agamba kuba afite ubuzima bwiza bwo mu mutwe, ndashimira n\u2019imiryango itandukanye iraha ifasha abari mu magororero kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe umusanzu wanyu ni ingenzi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mu ijambo komiseri mukuru w\u2019Urwego rw\u2019U Rwanda Rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda, yashimiye abitabiriye uwo muhango anashima umuryango INTERPEACE aho yavuze ko gahunda Leta uri ukogorora atari ugufunga.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d ndashimira abantu mwese mwitabiriye uyu muhango waduhurije hano wo gutaha iyi nyubako irimo n\u2019ibikoresho bizigishirizwaho, kuva mu mwaka wa 2010 guverinoma y\u2019u Rwanda yatangiye gahunda yo kugorora, ku bantu babaga bagonganye n\u2019amategeko mu rwego guhindura imitekerereze yabo bakazinukwa icyaha bakubaha amategeko bakayoboka inzira y\u2019ubumenyi bizabafasha kugirira akamaro n\u2019imiryango yabo ni\u2019igihugu muri rusange. Mu minsi yashize icyitwaga Urwego rw\u2019igihugu rushinzwe imfungwa n\u2019abagororwa rwahinduriwe izina ubu rwitwa Urwego Rw\u2019u Rwanda rushinzwe Igorora bijyana na gahunda leta yihaye yo Kugorora, ni muri urwe rwego&nbsp; ku magororero agera ku munani hamaze kubakwa TVET zifasha abantu bafunze kubona ubumenyi butandukanye buzabafasha kuko harimo amashami atandukanye, ibi RCS ntiyari kubigereho yonyine idafite abafatanyabikorwa batandukanye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje uvuga ati ndashimira INTERPEACE ndetse n\u2019Umuryango w\u2019Ubumwe bw\u2019Uburayi bateye inkunga yo kubaka inzu izajya yigishirizwamo imyuga ibiri ariyo gusudira no Kudoda, ndetse n\u2019abafatanyabikorwa bose dukorana umunsi ku munsi kuko ibikorwa byanyu biri mu by\u2019ingenzi bidufasha mu kazi kacu ka burimunsi ko kugorora.<\/p>\n\n\n\n<p>Leta muri gahunda ifite harimo kugira umunyarwanda ijijutse ufite imitekerereze yagutse niyo mpamvu yashize ingufu mu kwigisha imyuga n\u2019ubumenyingiro mu rwego rwo gufasha abantu kwiga umwuga bakabasha kwihangira umurimo, ni muri urwo rwego no mu magororero hatasigaye inyuma mu gutegura abagiye gusubira mu buzima busanzwe kuzataha hari ubumenyi bafite.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"605\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-1024x605.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-9222\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-1024x605.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-300x177.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-768x454.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-1536x907.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-2048x1210.jpg 2048w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1628-1320x780.jpg 1320w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Komiseri Mukuru w&#8217;Urwego Rw&#8217;U Rwanda Rushinzwe Igorora RCS,CGP Juvenal Marizamunda we n&#8217;umuyobozi wa INTERPEACE Kayitare Frank bahererekanya mu muhango wo guhererekanya inyubako. <\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-9223\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-2048x1365.jpg 2048w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1637-1320x880.jpg 1320w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Uhagarariye umuryango w&#8217;ubumwe b&#8217;Iburayi Amb.Belen Calvo Uyarra nawe yari yitabiriye uyu muhango kuko ariwe muterankunga w&#8217;iyo nyubako.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"562\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-1024x562.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-9224\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-1024x562.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-300x165.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-768x421.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-1536x843.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-2048x1123.jpg 2048w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1626-1320x724.jpg 1320w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Basuye inyubako berekwa ibikoresho bitandukanye bizajya byigirwaho n&#8217;abari mu Igororero rya Bugesera.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"625\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-1024x625.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-9225\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-1024x625.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-300x183.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-768x469.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-1536x938.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-2048x1251.jpg 2048w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1636-1320x806.jpg 1320w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"> abanyeshuri biga imyuga bagize umwanya wo gufata ifoto y&#8217;urwibutso n&#8217;abashyitsi.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"594\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-1024x594.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-9226\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-1024x594.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-300x174.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-768x446.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-1536x891.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-2048x1188.jpg 2048w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/11\/1635-1320x766.jpg 1320w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Abitabiriye uyu muhango nabo bafashe ifoto y&#8217;urwibutso nyuma y&#8217;umuhango wo guhererekanya inzu izigirwamo.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ku Igororero rya Bugesera kuwa 10 Ugushyingo 2022, habereye umuhango wo gushikiriza RCS inyubako y\u2019ishuri izigishirizwamo imyuga ryubatswe ku nkunga y\u2019ubumwe bw\u2019Ibihugu by\u2019Uburayi biciye mu muryango uharanira amahoro mu karere k\u2019ibiyaga bigari INTERPEACE, mu rwego rwo gufasha abantu bafunzwe kubona ubumenyi bategurwa gusubira mu buzima busanzwe.<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":9221,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":18,"footnotes":""},"categories":[9,8],"tags":[],"class_list":["post-9220","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs","category-slider"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/9220","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=9220"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/9220\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/9221"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=9220"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=9220"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=9220"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}