{"id":6854,"date":"2022-06-16T17:30:00","date_gmt":"2022-06-16T17:30:00","guid":{"rendered":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=6854"},"modified":"2022-06-18T08:43:49","modified_gmt":"2022-06-18T08:43:49","slug":"mu-kwizihiza-umunsi-mukuru-wumwana-wumunyafurika-abana-ba-gereza-yabana-ya-nyagatare-bibukijwe-ko-aribo-maboko-yigihugu-mu-minsi-imbere","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=6854","title":{"rendered":"Mu kwizihiza umunsi mukuru w\u2019umwana w\u2019umunyafurika abana ba gereza y\u2019abana ya Nyagatare bibukijwe ko aribo maboko y\u2019igihugu mu minsi imbere"},"content":{"rendered":"\n<p><\/p>\n\n\n\n<p><a>Rugwabiza Jules umwana wasoje igihano yari yarakatiwe cyo gufata ku ngufu, yatanze ubuhamya ku mahirwe yagize ageze muri gereza.<\/a><\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d naje gufungwa ndi mwaka wa 5 w\u2019amashuri abanza ngeze muri gereza ndakomeza nsoza amashuri abanza ndatsinda, mpabwa Mbabazi na nyakubahwa perezida wa Repubulika nkaba ngeze mu mwaka wa kabiri w\u2019amashuri yisumbuye, ndasaba bagenzi banjye kwiga bashyizeho umwete kuko nyuma yo kuva muri ubu buzima uba umunyarwanda nk\u2019abandi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w\u2019umuryango ushinzwe kugarura amahoro muri Afurika y\u2019iburasirazuba Interpeace, kayitare Frank yabwiye abana bari muri gereza ya Nyagatare ko mu byo bashinzwe harimo no kurengera uburunganzira bwabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201cnubwo muri muri gereza ntabwo bikuyeho uburenganzira bwanyu, mubyo duharanira harimo uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu, kuko utashakira umuntu amahoro atabanje kumuha uburenganzira bwe niyo mpamvu mugomba kwitabwaho kandi turabizeza kubaba hafi ari nayo mpamvu turi hano.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mukansoro Odette umuyobozi w\u2019umuryango Foundation DIDE, nawe yavuze ko uburenganzira bw\u2019umwana ari ngombwa uko byaba bimeze kose.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d nubwo kugira ngo uyu munsi ubeho byaturutse ku bana bavukijwe ubuzima n\u2019abashinzwe kubarinda muri Afurika y\u2019Epfo mu mwaka wa 1975, uburenganzira bw\u2019umwana ahantu hose bugomba kubahirizwa tukanasaba ababyeyi kugerageza bakajya bakurikirana abana babo bakabasura bakameya uko babayeho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Padiri Nzabonimpa Augustin uhagarariye CARTAS Diyosezi ya Byumba ifasha abo abana mu buryo butandukanye nawe yabijeje ubufasha.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dturi kubaka ikigo cy\u2019imyuga abasoje ibihano bigiye umwuga muri gereza y\u2019abana ya Nyagatare bazajya babanza kwimenyererezamo mbere yo kujya mu buzima busanzwe, turizera ko bizabafasha mu gukuza ubumenyi, kuko icyo gihe bazaba bakurikiranwa ndetse bibaye na ngombwa bagashakirwa imirimo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w\u2019akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y\u2019abaturage,Murekatete Juliet &nbsp;yasabye abayeyi bafite abana muri gereza kujya babasura kuko bibongerera icyizere.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201ciyo umubyeyi asuye umwana bimuha icyizere ko umuryango ukimwitayeho, bigatuma yumva atekanye no kumugorora bikoroha kuko aba yumva ashigikiwe, ndasaba abayeyi bafite abana muri gereza kujya bafata umwanya bakabasura&nbsp; kuko nabyo biri mu nshingano zabo kwita ku mwana.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvugizi w\u2019urwego rw\u2019igihugu rushinzwe imfungwa n\u2019abagororwa RCS, SSP Pelly Uwera Gakwaya nawe yakebuye ababyeyi batita ku bana babo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dhari imiryango isa naho itererana umwana iyo yagonganye n\u2019amategeko ntiyongere gukurikirana ubuzima bw\u2019umwana aho ari kugororerwa, mubyukuri ibi ntibikwiriye kuko umwana aba akeneye gusurwa kuko bury iyo umuryango umusuye &nbsp;abona ko ukimwitayeho.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>ACP Alex Kimenyi Bahizi, wari uhagaraririye komiseri mukuru wa RCS, nawe yavuze ko abana ari ishema ry\u2019igihugu kuko aribo Rwanda rw\u2019ejo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dkurengera umwana ni ibintu bigomba kuza imbere mu byo dukora byose, muri Afurika y\u2019Epfo habayeho kwica abana bishwe n\u2019ababarinda, kuva icyo gihe nibwo hatangijwe gahunda yo kurengera uburenganzira bw\u2019umwana, umwana uri muri gereza agomba kwitabwaho uko bikwiriye agahabwa ibishoboka mu burenganzira agombwa, cyane hitabwa ku burezi nkaho kuri ubu kuri gereza zirimo abana bato bakibana na ba nyina hari amarerero afasha abana gukura mu bwonko, hano kuri gereza y\u2019abana ya Nyagatare ho biga nkuko mu mashuri asanzwe biga, dufite amashuli abanza tukagira n\u2019icyiciro rusange kandi abana bacu bose iyo bakoze ibizamini bya leta batsinda ku rwego rushimishije kuko bose baza mu byiciro bibiri bya mbere ntawe uraza mu cya gatatu urumva ko ari intambwe nziza.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje avuga ko abana bagomba kumva ko mu minsi iri imbere aribo bazaba ari mu bakomeye muri iki gihugu abasaba kurangwa n\u2019imyitwarire myiza, kuko aribyo bituma ugera ku ntego zawe kandi abasaba kwiga bashizeho umwete.<\/p>\n\n\n\n<p>Nubwo umunsi mukuru w\u2019umwana w\u2019umunyafurika wizihirijwe kuri gereza y\u2019bana ya Nyagatare, no ku zindi gereza zirimo abana babana na ba nyina naho uwo munsi wizihijwe.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6888\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-768x513.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ok-1-2048x1367.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>Abana bogororerwa muri gereza  y&#8217;abana ya Nyagatare bishimiye uko inzego zitandukanye zaje kwifatanya nabo mu kwizihiza umunsi w&#8217;umwana w&#8217;Umunyafurika.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6897\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-768x513.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/ubuhamya-1-2048x1367.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>Umwe mu bana bahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika nyuma yo gutsinda yatanze ubuhamya.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6891\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-768x513.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/DSC_0053-2048x1367.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>Inzego zitandukanye zitabiriye umunsi w&#8217;umwana w&#8217;umunyafurika wabereye kuri gereza y&#8217;abana ya Nyagatare ku rwego rwa RCS.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6893\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-768x513.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/moyor-2048x1367.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>Umuyobozi wungirije w&#8217;akarere ka Nyagatare ushinzwe imibereho myiza y&#8217;abaturage nawe yari ahari.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6899\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-768x513.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/alex-2048x1367.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>ACP Alex Kimenyi Bahizi ushinzwe Diviziyo yo kugorora muri RCS niwe wari umushyitsi mukuru kuko yaje ahagarariye komiseri mukuru wa RCS.<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"355\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/rem-pic-1024x355.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-6901\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/rem-pic-1024x355.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/rem-pic-300x104.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/rem-pic-768x266.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/06\/rem-pic.jpg 1080w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption>Abana n&#8217;abayobozi batandukanye bari bitabiriye umunsi w&#8217;umwana w&#8217;umunyafurika bafashe ifoto y&#8217;urwibutso.<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Buri mwaka taliki ya 16 Kamena ku isi yose hizihizwa umunsi mukuru w\u2019umwana w\u2019umunyafurika, aho muri RCS wizihirijwe kuri gereza y\u2019abana ya Nyagatare ufite insanganyamatsiko igira iti\u201dturengere umwana,twubake ejo heza.\u201d<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":6855,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":108,"footnotes":""},"categories":[9,8],"tags":[],"class_list":["post-6854","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs","category-slider"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6854","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6854"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6854\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/6855"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6854"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6854"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6854"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}