{"id":6227,"date":"2022-04-01T11:42:00","date_gmt":"2022-04-01T11:42:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.rcs.gov.rw\/?p=6227"},"modified":"2022-04-28T11:43:09","modified_gmt":"2022-04-28T11:43:09","slug":"abacungagereza-basoje-amahugurwa-agamije-kubongerera-ubushobozi-bwo-kwita-ku-buzima-bwo-mu-mutwe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=6227","title":{"rendered":"Abacungagereza basoje amahugurwa agamije kubongerera ubushobozi bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe"},"content":{"rendered":"\n<p>Kuri uyu wa 01Mata 2022, Kuri Nobleza Hotel, Urwego rw\u2019Igihugu rushinzwe imfungwa n\u2019abagororwa, RCS, ku bufatanye n\u2019imiryango ya Fondation DiDe, Interpeace na Prison Fellowship Rwanda, hasojwe amahugurwa y\u2019iminsi itatu agamije kongerera Abacungagereza ubushobozi kwita ku buzima bwo mu mutwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Abacungarezaza bahuguwe ni abo mu mashami y\u2019imibereho myiza y\u2019imfungwa n\u2019abagororwa n\u2019uburenganzirabwamuntu, aho bongerewe ubumenyi butandukanye burimo uko bazafasha imfungwa n\u2019abagororwa baba bagaragarwaho n\u2019indwara zo mu mutwe ndetse no kubafasha babategura mbere yo gusubira mu miryango yabo igihe barangije ibihano baba barakatiwe.<\/p>\n\n\n\n<p>ACP Alex Bahizi Kimenyi, Umuyobozi muri RCS ushinzwe imari n\u2019abakozi wari uhagarariye Komiseri Mukuru mu gusoza aya mahugurwa ku mugaragaro yashimiye abafatanyabikorwa ba RCS ibufatanye bwiza maze asaba Abacungagereza bahuguwe gushyira mu ngiro ubumenyi bungutse kugirango barusheho guteza imbere imibereho myiza y\u2019imfungwa n\u2019abagororwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d Turashimira abafatanyabikorwa bacu ubufatanye bwiza n\u2019aya mahugurwa y\u2019ingirakamaro, kandi abahuguwe mwese ndabasaba gushyira mu ngiro ubumenyi mwahawe kugira ngo turusheho gufasha imfungwa n\u2019abagororwa bagaragarwaho n\u2019indwara zo mu mutwe mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano yo kugorora.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ntwari Jean Paul, Umuhuzabikorwa wa Prison fellowship yavuze ko aya mahugurwa ari ingirakamoro cyane cyane ku bagororwa bafite indwara zo mu mutwe baba baratewe no kutiyakira kubera ingaruka z\u2019ibyaha baba barakoze cyane cyane icyaha cya Genocide yakorewe Abatutsi 1994.<\/p>\n\n\n\n<p>SP Epaphrodis Nsengiyumva, umwe mu bitabiriye aya mahugurwa yagize ati\u201d Muri aya mahugurwa ntungukiyemo inyigisho z\u2019uko waganiriza Imfungwa n\u2019abagororwa ukamenya uko nubuzima bwabo bwo mu mutwe uko buhagaze bityo ukarushaho no kumenya uko ukwiye kubafasha bitewe n\u2019inzego zitandukanye bariho mu bigendanye n\u2019ubuzima bwo mu mutwe.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>AIP Vestine Muziranenge, ushinzwe imibereho myiza y\u2019imfungwa n\u2019abagororwa kuri gereza ya Muhanga nawe wari witabiriye amahugurwa yagize ati\u201d Imfungwa n\u2019abagororwa tubana umunsi ku munsi usanga bafite ibibazo bigendanye n\u2019ubuzima bwo mu mutwe, bityo ubumenyi twahawe buzarushaho kudufasha kubitaho mu rwego rw\u2019imibanire no kubaganiriza mu buryo butuma bagenda barushaho kugira ubuzima bwiza bwo mu mutwe no kurwanya indwara zo mu mutwe bahura nazo bitewe n\u2019ibyaha &nbsp;baba barakoze.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Aya mahugurwa yitabiriwe n\u2019abacungagereza 32 bo mu mashami y\u2019Uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu n\u2019imibereho myiza y\u2019imfungwa n\u2019abagororwa, biteganijwe ko azakomeza gutangwa mu rwego rwo kongerera Abacungagereza ubushobozi bwo kwita ku buzima bwo mutwe bw\u2019imfungwa n\u2019abagororwa. &nbsp;&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu wa 01Mata 2022, Kuri Nobleza Hotel, Urwego rw\u2019Igihugu rushinzwe imfungwa n\u2019abagororwa, RCS, ku bufatanye n\u2019imiryango ya Fondation DiDe, Interpeace na Prison Fellowship Rwanda, hasojwe amahugurwa y\u2019iminsi itatu agamije kongerera Abacungagereza ubushobozi kwita ku buzima bwo mu mutwe. Abacungarezaza bahuguwe ni abo mu mashami y\u2019imibereho myiza y\u2019imfungwa n\u2019abagororwa n\u2019uburenganzirabwamuntu, aho bongerewe ubumenyi butandukanye burimo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":4,"featured_media":6228,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":true,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":81,"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-6227","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6227","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/4"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=6227"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/6227\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/6228"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=6227"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=6227"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=6227"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}