{"id":5832,"date":"2013-11-06T13:31:00","date_gmt":"2013-11-06T13:31:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.rcs.gov.rw\/?p=5832"},"modified":"2022-04-27T13:33:32","modified_gmt":"2022-04-27T13:33:32","slug":"minisitiri-wumutekano-mu-gihugu-arasaba-abagororwa-guha-agaciro-ubunyarwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=5832","title":{"rendered":"Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu arasaba abagororwa guha agaciro \u201cubunyarwanda\u201d"},"content":{"rendered":"\n<p>Nyuma yo kubibutsa amwe mu mateka yaranze Abanyarwanda mu myaka yashize, aho usanga hari igihe Abanyarwanda babayeho badaha agaciro ubunyarwanda ahubwo harimakajwe \u201cingirwamoko n\u2019uturere\u201d, ibyo bikaba byarabaye intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Minisitiri w\u2019umutekano mu Gihugu yavuze ko ubu Abanyarwanda bashishikajwe n\u2019ikibahuza ari cyo \u201cubunyarwanda\u201d kurenza ibindi byose. Yakomeje avuga ko rumwe mu rubyiruko rwafashe iya mbere mu kwibutsa agaciro ko kuba umunyarwanda, rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi z\u2019ibyaha rutakoze kugira ngo Abanyarwanda barusheho kubana mu mahoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri Fazili yashimangiye ko kuba abantu bahuje no kuba ari abanyarwanda, hari byinshi bahuriyeho by\u2019Igihugu, asaba abagororwa gushyira ku ruhande ibindi bashyira imbere bigamije kubatandukanya.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu akaba yaraboneyeho kwibutsa abakoze ibyaha bya jenoside ko bakwiye gutera intambwe bagasaba imbabazi abo bahemukiye, bafatiye urugero ku rubyiruko rutakoze ibyaha bya jenoside ariko rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi mu kigwi cy\u2019ababyeyi n\u2019abavandimwe babo.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri urwo ruzinduko kuri Gereza ya Huye, Imfungwa n\u2019abagororwa na bo bahawe umwanya bageza ijambo kuri Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu banabaza bimwe mu bibazo bafite.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku kibazo kijyanye n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyoku bagororwa barangije \u00bc cy\u2019ibihano bakatiwe nyuma yo kugaragaza imyitwarire myiza muri Gereza, Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu yabwiye imfungwa n\u2019abagororwa ko abahamwe n\u2019ibyaha by\u2019ubugome birimo gufata ku ngufu, gukoresha ibiyobwagenge, kunyereza umutungo, kwica umubyeyi, umwana cyangwa uwo bashakanye, batarebwa n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo. Yongeyeho ko abafungiye ibyaha bito n\u2019ibiciriritse barangije igihe giteganywa n\u2019amategeko, urutonde rwabo rwashyikirijwe inzego zibishinzwe hakaba hategerejwe umwanzuro zizafata kuri buri wese uri kuri urwo rutonde, yabamenyesheje kandi ko iyo ari gahunda ihoraho.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;&nbsp;Umutekano mu Gihugu yanagarutse ku bagororwa batorotse Gereza ya Huye mu kwezi kwa Nyakanga 2013, asaba imfungwa n\u2019abagororwa bo muri iyo Gereza kwitandukanya na bo no gufata ingamba z\u2019uko bitasubira ukundi. Yabasabye kandi kugira uruhare mu mutekano w\u2019imbere muri Gereza, bakora amarondo kandi bakageregeza kugera hose.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri Fazili akaba yarashimiye imfungwa n\u2019abagororwa bo muri Gereza ya Huye uburyo bihesha ishema n\u2019agaciro, ibyo bikaba bigaragazwa n\u2019inyubako nshya 2 zo kurararamo zigizwe n\u2019amagorofa abiri zifite ubushobozi bwo kwakira Imfungwa n\u2019Abagororwa 4.000, abagororwa ubwabo bakaba ari bo baziyubakiye<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu ijambo yagejeje ku mfungwa n\u2019abagororwa ba Gereza ya Huye ubwo yayisuraga ku itariki ya 01\/11\/2013, Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu Sheikh Mussa Fazili Harerimana yagarutse ku gaciro buri wese agomba guha \u201cubunyarwanda\u201d.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":0,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":3,"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-5832","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-amakuru-ya-rcs"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5832","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5832"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5832\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5832"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5832"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5832"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}