{"id":5761,"date":"2013-10-21T12:45:00","date_gmt":"2013-10-21T12:45:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.rcs.gov.rw\/?p=5761"},"modified":"2022-04-27T12:48:21","modified_gmt":"2022-04-27T12:48:21","slug":"abagize-utunama-dushinzwe-gutanga-amasoko-ya-leta-kuri-za-gereza-bongerewe-ubumenyi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=5761","title":{"rendered":"Abagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza bongerewe ubumenyi"},"content":{"rendered":"\n<p>Asoza aya mahugurwa, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary GAHONZIRE yavuze ko amahugurwa nk\u2019ayo ari ingenzi kuko azafasha abakozi bayahawe kurangiza&nbsp;neza inshingano zitoroshye zo gutanga amasoko kuri za Gereza bakoreraho, bityo bakazashobora no gufasha RCS kuzuza amasezerano yagiranye n\u2019inzego zishinzwe kugenzura uburyo amafaranga igenerwa na Leta akoreshwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yibukije abahuguwe ko kuba igice kinini cy\u2019amafaranga Leta igenera inzego zayo zitandukanye gikoreshwa mu kugura ibikoresho byifashishwa mu kazi ka buri munsi no kwishyura serivisi zindi zikenerwa n\u2019izo nzego, bisaba ko abatanga amasoko y\u2019ibyo bikoresho n\u2019izo serivisi bagira ubumenyi buhagije ku itangwa ry\u2019ayo masoko.<\/p>\n\n\n\n<p>Komiseri Mukuru Wungirije yasabye abahuguwe gukoresha neza ubumenyi bahawe bakorana umurava, ubushishozi n\u2019ubunyangamugayo mu kurangiza inshingano zitoroshye zo gutanga amasoko. Yabasabye kandi kubera indorerwamo bagenzi babo batarabona amahugurwa nk\u2019ayo babasangiza ku bumenyi bakuyemo.<\/p>\n\n\n\n<p>Madamu Uwizeye Sofia wavuze mu izina ry\u2019abahuguwe, nyuma yo kuvuga mu ncamake ingingo zibandweho muri ayo mahugurwa, yashimiye Ubuyobozi bwa RCS bwayateguye anasaba ko amahugurwa nk\u2019ayo yajya ategurwa kenshi kuko afasha abayahawe gusohoza inshingano baba bahawe ku buryo buboneye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-gallery has-nested-images columns-default is-cropped wp-block-gallery-1 is-layout-flex wp-block-gallery-is-layout-flex\">\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" width=\"640\" height=\"480\" data-id=\"5767\" src=\"https:\/\/new.rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00045.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-5767\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00045.jpg 640w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00045-300x225.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"640\" height=\"480\" data-id=\"5768\" src=\"https:\/\/new.rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00052-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-5768\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00052-1.jpg 640w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2022\/04\/DSC00052-1-300x225.jpg 300w\" sizes=\"(max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/figure>\n<\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abakozi 42 bagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza zo mu Rwanda bashoje amahugurwa y\u2019iminsi 5 ku mitangire y\u2019amasoko ya Leta. Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw\u2019Urwego rw\u2019Igihugu rushinzwe Imfungwa n\u2019Abagororwa (RCS) n\u2019Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) yabereye mu Kigo cy\u2019amahugurwa cya St Paul guhera ku itariki ya 14 kugeza ku ya 18 Ukwakira 2013.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":5764,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":54,"footnotes":""},"categories":[9],"tags":[],"class_list":["post-5761","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5761","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=5761"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/5761\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/5764"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=5761"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=5761"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=5761"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}