{"id":11553,"date":"2023-05-25T15:03:00","date_gmt":"2023-05-25T13:03:00","guid":{"rendered":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=11553"},"modified":"2023-05-26T11:01:40","modified_gmt":"2023-05-26T09:01:40","slug":"minisitiri-gasana-yitabiriye-umuhango-wo-gushyira-ibuye-ryifatizo-ahagiye-kubakwa-ikigo-kizajya-cyakira-abagororwa-basigaje-igihe-gito-ngo-basoje-ibihano","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=11553","title":{"rendered":"Minisitiri Gasana yitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry\u2019ifatizo ahagiye kubakwa ikigo\u00a0 kizajya cyakira Abagororwa basigaje igihe gito ngo basoze ibihano by&#8217;igifungo"},"content":{"rendered":"\n<p>Ni ikigo kiri kubakwa mu murenge wa Muhazi, mu karere ka Rwamagana, mu ntara y\u2019iburasirazuba, ku nkunga y\u2019abaterankunga b\u2019imiryango itegamiye kuri leta ariyo Stirling Fundation na Church of Jesus Christ of latter &#8211; day saints, iki kigo nikimara kuzura kikazajya cyoherezwamo Abagororwa basigaje igihe gito ngo basubire mu miryango yabo aho uwo muhango witabiriwe n\u2019inzego zitandukanye, zirimo iz\u2019umutekano iz\u2019ibanze, Abaturage ndetse n\u2019abaterankunga,<\/p>\n\n\n\n<p>mu rwego rwo kubategura ngo bazasubire mu buzima busanzwe barabaye abaturage beza bagendera kuri gahunda za Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri uwo muhango CGP Juvenal Marizamunda, Komiseri mukuru w\u2019urwego rw\u2019u Rwanda rushinzwe Igorora yavuze ko gahunda ihari ari ugutegura umuntu wakoze icyaha gusubira mu buzima busanzwe yarahindutse bitandukanye n&#8217;uko abantu bamwe bafataga ko gufunga ari ukumvisha umuntu.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dKera abakoraga icyaha bajyanwaga mu magereza wasangaga gahunda ari ugufungwa, bitandukanye na gahunda ihari ubu, aho uwakoze icyaha iyo ageze mu Igororero yigishwa agahabwa ubumenyi buzamufasha kwiteza imbere ndetse bikanamurinda no kongera gusubira mubyaha bitewe nuko hari ibyo yize mugihe yari ari mu igororero, abazajya banyura muri ibi bigo bigiye kubakwa, bazajya bahabwa inyigisho zitandukanye zirimo<\/p>\n\n\n\n<p>Gutegurwa mu gusubira muri sosiyete no guhuzwa n&#8217;imiryango yabo, ubujyanama mu birebana n&#8217;ubuzima bwo mu mutwe n&#8217;imibanire n&#8217;abandi, ubureremboneragihugu no kugezwaho ibirebana na gahunda za Leta, kwihangira imirimo no guteza imbere ubunyamwuga, ihame ry&#8217;umuryango no gukemura amakimbirane, kwirinda ikoreshwa n&#8217;ikwirakwizwa ry&#8217;ibiyobyabwenge, kwimenyereza no gushyira mu ngiro ubumenyingiro no kwegerezwa isoko ry&#8217;umurimo,.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Arakomeza avuga ko bizafasha abagiye gusoza ibihano kutiheba no guhangayika mu minsi ya nyuma yo gusoza ibihano bibaza uko bazabaho bageze hanze, kuko bazaba barateguwe ndetse banafite ubumenyi butandukanye buzabafasha kwiteza imbere bo ubwabo ndetse n\u2019imiryango yabo asoza ashimira abaterankunga n\u2019akarere ka Rwamagana katanze ubutaka bwo kubakwaho iyi nyubako na Leta y\u2019u Rwanda idahwema gushigikira ibikorwa bya RCS bya burimunsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisitiri w\u2019umutekano mu gihugu yatangiye ashimira abitabiriye umuhango akomereza ku kamaro k\u2019ibigo bigiye kubakwa mu ntara zose mu rwego rwo gutegura umuntu uri mu igororero usigaje igihe gito ngo atahe.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201d Mbanje gushimira mwese mwitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry\u2019ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kizafasha abantu basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo, politiki y\u2019u Rwanda mu birebana n\u2019abantu bafunzwe igamije kubagorora bakavamo abatutage beza bagendera ku mategeko, bakaziteza imbere ndetse bakanateza imbere igihugu cyabo, RCS imaze gukora byinshi mubijyanye niyi politiki biturutse ku mategeko aheruka&nbsp; kuvugururwa, mbere wasangaga hibandwa ku guhana gusa, ariko ubu bijyanye n\u2019icyerekezo RCS yahawe, hateganyijwe kubaka ibigo byihariye bizajya byakira abantu basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo, hagamijwe kubategura kugira ngo bazasubire mu muryango barabaye abaturage beza, ni uburyo bwiza bwo kubafasha kunoza umwuga bigiye mu magororero banafashwa guhuzwa n\u2019imiryango, ibi bizabafasha no kwirinda insubiracyaha, kuko akenshi usanga ubusubiracyaha buturuka ku mpamvu nyinshi zirimo amakimbirane mu miryango kutagira icyo bakora, ibi bigo bikazafasha ababirimo kuzasoza ibihano byabo baramaze kumenyera ubuzima bwo hanze, binaborohere kwisanga muri sosiyete.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Yakomeje ashimira abafatanyabikorwa, asaba inzego zose kuzabigira ibyazo kuko intego z\u2019uyu mushinga zitagerwaho hatabayeho ubufatanye bw\u2019impande zoze.<\/p>\n\n\n\n<p>Elder Erden umuterankunga w\u2019iki gikorwa yashimye leta y\u2019u Rwanda uburyo yita kubaturage bayo ndetse anashimira n\u2019abo bafatanyije umurimo w\u2019Imana bakusanyije inkunga.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati\u201dNdashima Leta y\u2019u Rwanda kuko yita ku baturage bayo, ndashimira kandi abo dufatanyije umurimo w\u2019imana, tuzakomeza gufatanya kandi twizeye ko uyu mushinga uzagira impinduka nyinshi zigaragara.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>biteganyijwe ko iyi nyubako izuzura itwaye agera kuri miriyari ndetse bakanateganya ko nizuzura zimaze kubakwa zizakira abagera ku 2500, igitsinagore 500 n\u2019igitsinagabo 2000.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-11562\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-3-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Minisitiri Gasana arikumwe Mbonyumuvunnyi Rajab umuyobozi w&#8217;Akarere ka Rwamagana na Madam nicole umuyobozi wungirije  mu mumuryango Stirling foundation bashyira ibuye ry&#8217;ifatizo ahazubakwa ikigo kizajya cyakirirwamo ababura igihe gito ngo basoze ibihano.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large is-resized\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-11563\" width=\"840\" height=\"560\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-5-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 840px) 100vw, 840px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Minisitiri Gasana na Komiseri mukuru wa RCS ndetse na meya wa Rwamagana bashimira umuterankunga ku ijambo yari amaze kuvuga.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-11569\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-7-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>IGIHE ABAYOBOZI BASHYIRAGA IBUYE RY&#8217;IFATIZO AHAGIYE KUBAKWA HALFWAY-HOME.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-11577\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/IMG_6028-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Uku niko igishushanyo mbonera cy&#8217;inyubako zizahubakwa kizaba kimeze.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-11564\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-300x200.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-768x512.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/HW-6-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Abitabiriye umuhango nyuma yo gusoza bafashe ifoto y&#8217;urwibutso.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, uyumunsi kuwa 25 Gicurasi 2023, yitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry\u2019ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kizajya cyakira Abagororwa bazaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo, bategurwa gusubira mubuzima busanzwe.  <\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":11559,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":3,"footnotes":""},"categories":[9,8],"tags":[],"class_list":["post-11553","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs","category-slider"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11553","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=11553"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/11553\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/11559"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=11553"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=11553"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=11553"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}