{"id":10902,"date":"2023-04-25T20:30:00","date_gmt":"2023-04-25T18:30:00","guid":{"rendered":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=10902"},"modified":"2023-04-26T11:38:53","modified_gmt":"2023-04-26T09:38:53","slug":"amasezerano-yubwumvikane-mu-butabera-ari-gutanga-umusaruro-abo-mu-igororero-rya-gicumbi-batangiye-gutaha","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/rcs.gov.rw\/?p=10902","title":{"rendered":"Amasezerano y\u2019ubwumvikane mu butabera ari gutanga umusaruro abo mu Igororero rya Gicumbi batangiye gutaha"},"content":{"rendered":"\n<p>Ni gahunda ya leta imaze igihe gito kuko yatangiriye ku Igororero rya Nyarugenge umwaka washize, aho abacamanza n\u2019abashinjacyaha bagirana amasezerano n\u2019uwakoze icyaha ariko ucyemera, ayo masezerano akaba ariyo yubahirizwa uwakoze icyaha agasohoka mu Igororero agasubira mu buzima busanzwe mu rwego rwo gutanga ubutabera bwunga ku bakoze ibyaha byoroheje ariko hakabaho no guhuza uwakoze icyaha nuwo yagikoreye hakagira ibyo bumvikana.<\/p>\n\n\n\n<p>Bamwe mu bagororerwaga mu Igororero rya Gicumbi barekuwe biciye muri gahunda y\u2019ubwumvikane, baravuga ko bashimishijwe n\u2019iki gikorwa kuko bumvaga nta yindi nzira byacamo uretse uretse guca mu nkiko nkuko bisanzwe ukaburana ugakatirwa ugasubira mu Igororero ugategereza igihe igihano kizarangirira ukabona kurekurwa, bavuga ko batunguwe ariko nanone bagashima Leta y\u2019u Rwanda idahwema kwita ku baturage bayo ntawe isize inyuma.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuhire wagororerwaga mu Igororero rya Gicumbi wari ukurikiranweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa kubushake, aravuga ko yatunguwe nuko arekuwe atabanje guca mu nkiko kuko yumvaga nta bundi buryo byanyuramo.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201c Siniyumvishaga ko hari ubundi buryo bwo kuba umuntu yarekurwa bidaciye mu nkiko nkuko iyo umuntu akoze icyaha bigenda, aribyo kuburana ugakatirwa ubundi ugategereza igihano cy\u2019icyaha wakoze cyarangira ugasubira mu buzima busanzwe, ariko gahunda y\u2019ubwumvikane n\u2019abacamanza n\u2019ubutabera natwe yaradutunguye tukaba dushima leta y\u2019u Rwanda yita ku baturage bayo ntawe isize inyuma.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Tuyizere Venuste wari ukurikiranweho icyaha cy\u2019ubufatanyacyaha ku bujura aravuga ko nubwo barekuwe bagomba kubahiriza amasezerano kuko bitavuze ko babaye abarere.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201d Mubyukuri iyi gahunda yo kumvikana n\u2019abacamanza n\u2019ubushinjacyaha, yaradutunguye cyane twumvaga tugomba gufungwa tugakora ibihano, ariko nkuko leta yita ku baturage bayo batekereje gahunda yadufasha kubona ubutabera tukaba turekuwe tudaciye mu nkiko, gusa aya masezerano twagiranye uyarenzeho agaruka gukora igihano cy\u2019icyaha yari yakoze ibi ni isomo ryiza ariko tuzagerageza kwitwararika twirinda icyatuma twongera kugwa mu icyaha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Baranyeretse Emmanuel wari ukurikiranweho icyaha cy\u2019ubujura nawe aravuga ko inkuru yuko agiye gutaha adaciye mu nkiko yamushimishije kandi akaba yiteguye kuzubahiriza gahunda za leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201d Nashimishijwe niyi gahunda yo kumvikana n\u2019Abacamanza n\u2019Abashinjacyaha tukemera icyaha tugasaba imbabazi hakabaho kugirana amasezerano y\u2019ubwumvikane akaba ariyo yubahirizwa ni ibintu byadutunguye, twiteguye kubahiriza amasezerano kuko mugihe tumaze mu Igororero twahigiye byinshi birimo nk\u2019ubureremboneragihugu, kwiga gusoma kubara no kwandika, twize imyuga itandukanye yadufasha kwibeshaho ariyo mpamvu tutifuza kongera kugongana n\u2019amategeko ukundi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w\u2019Igororero rya Gicumbi SP Augustin Uwayezu, aravuga ko iyo amasezerano atubahirijwe agaruka gukora igihano cy\u2019icyaha yari asigaje kuko iyo yemeye icya babanza kumukatira igihano ubundi kigasubikwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Yagize ati \u201d ku munsi w\u2019ejo taliki ya 24 Mata 2023, hano ku Igororero rya Gicumbi, habereye igikorwa cyo kugirana amasezerano ku bantu bafunzwe bakoze ibyaha babyemerera abashinjacyaha amasezerano agakorerwa imbere y\u2019abacamanza, abakoze amasezerano bagera kuri 131 batangiye kurekurwa nkuko biba byemeranyijweho impande zombie,&nbsp; gusa nubwo haba hakozwe amasezerano ntibivuze ko aramutse atitwaye neza byamubuza kugaruka gukora igihano cy\u2019icyaha yakoze kuko mu bikorwa habanza ugukatirwa, bagasubika igihano atari ukuvuga ko yagizwe umwere ndetse aramutse akoze ikindi cyaha yaza agakora igihano cya mbere hakiyongeraho n\u2019igihano cy\u2019icyaha kindi gishya aba yakoze.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi gahunda y\u2019ubwumvikane mu butabera izakorwa mu magororero yose, ndetse nubwo imaze igihe gito ikaba yitezwe ko izatanga umusaruro abakoze ibyaha byoroheje bagahuzwa n\u2019abo babikoreye hakabaho gahunda yo gukorana amasezerano n\u2019inzego z\u2019ubutabera akaba ariyo yubahirizwa.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img fetchpriority=\"high\" decoding=\"async\" width=\"1000\" height=\"750\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-4.webp\" alt=\"\" class=\"wp-image-10906\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-4.webp 1000w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-4-300x225.webp 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-4-768x576.webp 768w\" sizes=\"(max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Hakorwa amasezerano imbere y&#8217;abashinjacyaha n&#8217;abacamanza akaba ariyo yubahirizwa aho gukurikiza inzira z&#8217;inkiko nkuko bisanzwe bigenda.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large is-resized\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-1024x679.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-10905\" width=\"840\" height=\"556\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-1024x679.jpg 1024w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-300x199.jpg 300w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-768x509.jpg 768w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-1536x1019.jpg 1536w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/DSC0756-2048x1358.jpg 2048w\" sizes=\"(max-width: 840px) 100vw, 840px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Aba ni bamwe mu batashye ku bwumvikane bo ku Igororero rya Gicumbi, hakozwe amasezerano imbere y&#8217;Abacamanza n&#8217;abashinjacyaha.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img decoding=\"async\" width=\"750\" height=\"651\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-2-1.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-10907\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-2-1.jpeg 750w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-2-1-300x260.jpeg 300w\" sizes=\"(max-width: 750px) 100vw, 750px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Nyuma yo kwemera icyaha aka imbere y&#8217;umushinjacyaha hakurikiraho kubyemerera imbere y&#8217;umucamanza.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"750\" height=\"716\" src=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-3.jpeg\" alt=\"\" class=\"wp-image-10908\" srcset=\"https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-3.jpeg 750w, https:\/\/rcs.gov.rw\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/plea-bargain-3-300x286.jpeg 300w\" sizes=\"(max-width: 750px) 100vw, 750px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Aba ni abategereje ubutabera bw&#8217;ubwumvikane bwatangiye kuba igisubizo kuri bamwe.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ku Igororero rya Gicumbi, taliki ya 24 Mata 2023, habereye igikorwa cy\u2019ubutabera cyasoze abantu 131 barekuwe, mu masezerano bagiranye n\u2019inzego z\u2019ubutabera harimo abacamanza n\u2019abashinjacyaha, uwakoze icyaha yemera icyaha akagisabira imbabazi hagakorwa amaserano akaba ariyo yubahirizwa ubundi agataha.<\/p>\n","protected":false},"author":6,"featured_media":10905,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"iawp_total_views":58,"footnotes":""},"categories":[9,8],"tags":[],"class_list":["post-10902","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru-ya-rcs","category-slider"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/10902","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/6"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=10902"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/10902\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/10905"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=10902"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=10902"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/rcs.gov.rw\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=10902"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}