Minisitiri Gasana, CGP Murenzi na Guverineri Mugabowagahunde bakoranye umugandangarukakwezi n’abaturage b’umurenge wa Gashaki mu karere ka Musanze

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CGP Evariste Murenzi, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, inzego zitandukanye z’umutekano bakoranye umuganda n’abaturage b’umurenge wa Gashaki, batera ibiti ku musozi wa mbwe.
Cardinal Kambanda yatuye igitambo cya misa mu Igororero rya Nyarugenge anatanga isakaramentu ryo Gukomezwa kubantu bahagororerwa

Ni igitambo cya misa cyatuwe na Nyiricyubahiro Cardinal Antoine Kambanda, anatanga isakaramento ryo gukomezwa, kitabiriwe kandi na Komiseri mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CGP Evariste Murenzi, ndetse n’abandi n’abakozi bakorera ku Igororero rya Nyarugenge.
DCGP Rose Muhisoni yitabiriye amahugurwa yateguwe na ICRC arebana n’ibikorwaremezo muri za gereza zo muri Afurika

Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni, arikumwe n’umuyobozi wa divisiyo ushinzwe umusaruro n’ibikorwaremezo muri RCS, bari muri Uganda mu mujyi wa Kampala, mu mahugurwa y’iminsi ine kuva kuwa 14-17 Ugushyingo 2023, yiga ku iterambere ry’ibikorwaremezo by’amagereza muri Afurika yateguwe n’umuryango utabara imbabare Croix Rouge (ICRC), akazitabirwa n’ibuhugu bivuga ururimi rw’icyongereza.
Ku cyicaro Gikuru cya RCS Habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’Inama nkuru ya RCS icyuye igihe n’iyinjiye mu nshingano

Ku mugoroba wo kuwa 31 Ukwakira 2023, ku cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, habereye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’abagize Inama nkuru ya RCS High Council basoje inshingano n’abinjiye mu nshingano.
Mutabazi Richard, yaganiriye n’abagororerwa mu Igororero rya bugesera ku bumwe n’ubudaheranwa na gahunda ya Ndi Umunyarwanda

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Mutabazi Richard, uyu munsi kuwa 27 Ukwakira 2023, we n’itsinda ry’abandi bakorana basuye Abagororerwa mu Igororero rya Bugesera, bagirana ibiganiro birebana n’ukwezi kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Simpenzwe pascal yasuye abagororerwa mu Igororero rya Rubavu abaganiriza ku kwezi kwahariwe Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda

Simpenzwe pascal, Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imiberero myiza y’abaturage, kuwa 27 Ukwakira 2023, arikumwe n’abandi bakorana basuye Igororero rya Rubavu baganiriza abahagororerwa ku kwezi kwahariwe Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Igororero rya Gicumbi ryasuwe n’umuyobozi w’ako karere mukwezi k’ubumwe bw’ubudaheranwa aganiriza abahagororerwa

Uwera Parfaite, Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi arikumwe n’umuryango wita ku bibazo byo mumutwe Mizero Care Organisation basuye abantu bafunzwe n’Abagororwa bagororerwa mu Igororero rya Gicumbi, mu cyumweru cy’ubumwe bw’ubudaheranwa bababwira ko nabo ari abaturage nk’abandi bose.
Abagororwa bahamya ko inyigisho za mvurankuvure zabafashije kubohoka imitima

Kuri uyu wa 24 Ukwakira 2023 mu magororero ya Ngoma,Musanze,Nyagatare na Nyamagabe, RCS kubufatanye na DiDe,Haguruka na prison Fellowship Rwanda mu mushinga iterwa inkunga na INTERPEACE hakoze isuzumabikorwa ku bayoborabiganiro n’ibiganiro bya MVURANKUVURE bihabwa abafunze mu rwego kubafasha kwiyubaka no kubohoka mu mitima.
Inteko y’Akarere ka Gasabo yasuye Igororero rya Nyarugenge baganira n’abagororwa bahagororerwa b’imirenge iri muri ako karere

Uyu munsi kuwa 24 Ukwakira 2023, ku Igororero rya Nyarugenge habereye Inteko y’abaturage y’Akarere ka Gasabo iyobowe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi Madam wa Kigali Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza Urujeni Martine, arikumwe n’Umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Gasabo Umwali Pauline, murwego rwo gukemura bimwe mu bibazo ababarizwa mu mirenge y’akarere ka Gasabo bari mu Igororero rya Nyarugenge baba bafite.
CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru wa RCS, ari mu Bubiligi aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambera ry’Amagereza no Kugorora

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS CGP Evariste Murenzi n’itsinda rimuherekeje bari mu mujyi wa Antwerp, mu Bubiligi aho bitabiriye inteko rusange ya 25 n’Inama mpuzamahanga ku magereza no Kugorora (ICPA), ikaba ari Inama ngarukamwaka (AGM) izaba kuva ku italiki ya 22 kugeza kuri 27 Ukwakira 2023.