Munsenyeri wa Diyosezi ya Cyangugu yizihirije umunsi mukuru wa pantekote mu Igororero rya Rusizi

Abagororerwa mu Igororero rya Rusizi kuri iki cyumweru taliki ya 28 Gicurasi 2023, bagize umugisha wo kwizihiza umunsi mukuru wa pantekote barikumwe n’umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu Mgr Eduard Sinayobye, mu gitambo cya misa yayoboye 94 bahabwa amasakaramentu.
Amuganda rusange ngarukakwezi witabirwa n’Amagororero yose hakorwa ibikorwa bitandukanye

Umuganda rusange Ngarukakwezi ni igikorwa kimaze kumenyerwa ku Banyarwanda inshuti z’u Rwanda ndetse n’abarugenda, buriwese ku wagatandatu wa nyuma w’ukwezi aba asabwa kwitabira iki gikorwa cy’umuganda mu rwego rwo kwishakira bimwe mu bisubizo nkuko abanyarwanda babyiyemeje, aho abakozi b’Amagororero yose abakora ku cyicaro bose bitabira umuganda bagafatanya n’izindi nzego muri icyo gikorwa.
Ubuvuzi Mu Magororero Igikorwa Cyo Gusiramura

Ubusanzwe umuntu ufunzwe ntakurwaho kuba umuntu nkabandi bose, agira uburenganzira bw’ibanze nkundi muntu wese udafunzwe burimo no kubona serivise zose zijyanye n’ubuzima.
Amajonjora yo mu matsinda mu guhitamo abanyempano mu mupira w’amaguru muri RCS yasorejwe i musanze, amakipe ari mu itsinda rya 4 niyo yakinaga

Amajonjora yo mumatsinda yari amaze iminsi akorwa yasorejwe I Musanze, birangira amakipe yariri mu itsinda rya kane ririmo Musanze, Gicumbi na Rubavu birangira ikipe y’Igororero rya Gicumbi yatsinze ikipe y’igororero rya Rubavu igitego 01 kubusa ariko harebwa ifite ibitego byinshi kuko amakipe yose muri iryo tsinda yanganyaga amanonota, birangira ikipe y’Igororero rya Musanze ariyo ikomeje kuko ariyo yari ifite ibitego byinshi, ikaba ariyo izajya guhura n’izindi zagiye zavuye mu matsinda zikazahurira muri kimwe cya kabiri naho hakazavamo ebyiri zizahurira ku mukino wa nyuma.
Minisitiri Gasana yitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kizajya cyakira Abagororwa basigaje igihe gito ngo basoze ibihano by’igifungo

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, uyumunsi kuwa 25 Gicurasi 2023, yitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kizajya cyakira Abagororwa bazaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo, bategurwa gusubira mubuzima busanzwe.
Inzego z’ibanze z’umurenge wa Gahanga zasuye abari mu Igororero rya Nyarugenge murwego rwo kwitegura umunsi w’amahoro

Uyumunsi kuwa 23 Gicurasi 2023, itsinda ry’abayobozi b’Inzego z’ibanze bo mu murenge wa Gahanga riyohowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge arikumwe n’uhagarariye jyanama y’Umurenge, abayobozi b’imidugudu, DASSO n’abandi basuye abari mu Igororero rya Nyarugenge.
Ikipe ya RCS TS niyo yabonye amanota ayijyana muri kimwe cya kabiri, ku mukino wayihuje n’iya Nyagatare

Mu mukino wabaye ku munsi w’ejo kuri sitade ya ngoma amakipe ari mu itsinda rya gatatu agahura hakavamo abiri yari buhure uyumunsi itsinze akazakomeza muri kimwe cya kabiri mu marushanwa yo kureba abanyempano mu mupira w’amaguru muri RCS, ikipe yay’ishuri rya Rwamagana niyo yakomeje itsinze iya Nyagatare ibitego 3 kubusa.
Amajonjora yo guhitamo abanyempano bazi umupira w’Amaguru muri RCS arakomeje, amakipe ari mu itsinda rya 3 niyo yakinnye uyumunsi

Nkuko amajonjora amaze iminsi, amakipe ari mu itsinda rya gatatu niyo yakinnye uyumunsi, aho agizwe n’amakipe yo ku magororero ya Rwamagana, Ngoma, Nyagatare n’ishuri rya RCS birangira ikipe ya Ngatare itsinze iya Ngoma ibitego 2 kuri 1, iy’ishuri rya RCS itsinda iya Rwamagana ibitego 3 kuri 1.
Komiseri Mukuru wa RCS, ari muri Senegal aho yitabiriye Inama ngarukamwaka y’ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora

CGP Juvenal Marizamunda, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, yitabiriye inamangarukamwaka iri kuba kunshuro ya gatandatu, y’Ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora izwi nka (ACSA), iri kubera mu gihugu cya Senegal mu murwa mukuru wacyo I Dakar, izamara iminsi itanu kuva taliki ya 15-19 Gicurasi 2023.
Imboga ziri mubituma abari mu magororero barushaho kugira ubuzima bwiza

Abagororerwa mu Igororero rya Muhanga, baravuga ko mu bintu bibafasha kugira ubuzima bwiza harimo kuba barya imboga bahinga zasarurwa bakazibatekera mu mafunguro bategurirwa bikabafasha kugira imibereho bwiza.