Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa birimo ishuri n’uruganda byigisha abagororwa gukora amasafuriya akaba ari nayo yifashishwa mu gutegura amafunguro y’abagororwa no mu yandi magororero yose.
Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko imishinga migari iri gushyirwa mu bikorwa irimo iy’ingufu zimirasire y’izuba, ikoranabuhanga mu butabera (E-Court), gushyiraho ibigo bifasha abagororwa gusubira mu buzima busanzwe no gutanga amahugurwa y’imyuga, biri gufasha RCS kugera ku ntego zayo kandi izakomeza gutezwa imbere.
Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) bifatanyije n’Abanyarwanda muri rusange mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa ‘International Residual Mechanism for Criminal Tribunal’ (IRMCT) hamwe n’itsinda ayoboye bakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS na CG Evariste Murenzi bagirana ibiganiro bitandukanye byibanze ku buzima bw’abagororwa barimo n’aboherejwe n’uru rukiko bari mu Igororero rya Nyanza.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe na Komiseri Gahongayire Aurelie, zagiriye uruzinduko mu Ngando ya TIG-Muhazi mu Karere ka Rwamagana mu rwego rwo kureba imibereho y’abagororwa bari kuharangiriza ibihano by’imirimo nsimburagifungo.
Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy’Inama y’abaminisitiri cyo gufungura by’agateganyo abagororwa bagera ku 1874, Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora DCG Rose Muhisoni, kuri uyu wa 05 Werurwe 2026, yaganirije abafunguwe ku Igororero rya Nyarugenge abasaba kuzitwara neza, bubahiriza amategeko no gukoresha neza amahirwe bahawe yo gusubira mu buzima busanzwe.
CG Evariste Murenzi Yagiranye ibiganiro na Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT waje mu ruzinduko rw’akazi

Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yakiriye Madamu Graciela Gatti Santana, Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT (International Residual Mechanism for Criminal Tribunals), ku Cyicaro Gikuru cya RCS mu ruzinduko rw’akazi yajemo.
Itsinda ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Namibia bakoreye urugendoshuri kuri RCS

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026, Ku Cyicaro Gikuru cya RCS, CG Evariste Murenzi yakiriye Itsinda ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Namibia aho bari mu rugendoshuri rugamije kwigira ku byiza u Rwanda rumaze kugeraho ndetse na politike y’igorora.
Abo mu Igororero rya Rubavu barishimira ubumenyi bakura mu ruganda rw’ibikomoka ku mpu

Iyo winjiye mu Igrorero rya Rubavu, uhasanga ishuri n’uruganda bifite ibikoresho bigezweho byigishirizwaho abagorora gukora inkweto z’ubwoko butandukanye n’ibindi bikoresho bikorwa mu ruhu, birimo: ibikapu bigezweho, imikandara, amakofi n’ibindi bikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi.
Abakozi ba RCS bitabiriye siporo rusange ya Car Free Day ya mbere mu mwaka wa 2026

Ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026, mu Mujyi wa Kigali nibwo habaye siporo rusange iba buri kwezi izwi nka Car Free Day, yitabiriwe n’abaturage b’ingeri zitandukanye, barimo n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) mu rwego rwo gushyigikira siporo nk’inkingi y’ubuzima bwiza.