
Guhabwa imbabazi na Perezida Kagame umusingi ukomeye mu kugorora abana biga bari muri gereza
Gereza ya Nyagatare niyo yahariwe kugororerwamo abana batarageza imyaka y’ubukure, baba barakoze ibyaha bagahanishwa gusoza ibihano bari muri gereza, gusa bahabwa amahirwe bagakomeza amashuri ndetse abakoze ibizamini bya leta bagatsinda bahabwa imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bakajya gukomereza amashuri yabo hanze batari muri gereza.