Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda

Ibikubiye  muri aya masezerano ni ubufatanye buzibanda ku bushakashatsi (technological research), kongerera Abakozi ubumenyi n’ubushobozi (Capacity building, Training and technical assistance) kumenyekanisha ibikorwa hagamijwe gushaka amasoko (marketing) no kumenyekanisha ibintu bitandukanye RCS ikora, hakabamo bubafasha kubona amamashini n’ibindi bikoresho bikoreshwa mu kazi gatandukanye, gushakisha amikoro azifashishwa muri ubwo bushakashatsi ndetse n’ubufatanye mu gutegura, gushyira mu bikorwa no guteza imbere imishinga itandukanye bazaba bafatanyije.

Mu migendekere myiza no gushyira mu bikorwa aya masezerano, hazibandwa ku mirimo isaba abakozi benshi ndetse n’Inganda ziciriritse harimo nk’ububumbyi n’ubudozi, hagamijwe kubyaza umusaruro amahirwe RCS ifite yubakiye ku bakozi benshi bashobora kubonekera bitagoranye kandi bari hamwe banafite ubumenyi bunyuranye buzaba bukenewe cyane muri ubwo bushakashatsi buzaba buri gukorwa.

CGP Juvenal Marizamunda, yavuze ko mu bakozi bafite bari mu buryo bubiri aribo abafunzwe n’abakozi b’urwego, Igihugu gitakaza ingengo y’imari nyinshi mu kwita ku bantu bafunzwe niyo mpamvu nabo bagomba kugira umusanzu wabo  batanga mu bikorwa bitandukanye kuko Leta nayo iba yabitayeho uko bishoboka.

Impande zose zaganiriye ku bufatanye ndetse n’umumaro w’aya masezerano yasinywe n’ibigo bibiri.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Urwanda rushinzwe Igorora arikumwe n’umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi.
Umuyobozi Mukuru wa NIRDA Dr.Christian Sekomo Birame asinya ku masezerano.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Urwanda Rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda asinya amasezerano y’ubufatanye na NIRDA.

Nyuma yo gusinya amasezerano y’ubufatanye abitabiriye uyu muhango bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.