Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri gereza y’abagore ya Ngoma abagore baravuga ko kwiga umwuga n’ubukorikori bibafasha kutihugiraho

Abagore bagororerwa muri gereza ya Ngoma baravuga ko umwuga bahigira, uretse kuba ubafitiye akamaro nyuma yo gusoza ibihano bahawe ubafasha no kutihugiraho bigatuma batamenya uko igihe bakatiwe kirangiye, bikazanabafasha kuziteza imbere na nyuma yo gusoza ibihano basubiye mu buzima busanzwe.

Mukansanga Velentine aravuga ko ari amahirwe akomeye yagize mu buzima kuko atiyumvishaga ko yafungwa akagira andi mahirwe abona ari muri gereza.

Aragira ati ” siniyumvishaga ko hari ikindi kintu kizima nahurira nacyo muri gereza, nagezemo nsanga bigisha imyuga itandukanye yafasha uyize neza kuzigirira akamaro nyuma yo gusoza ibihano, nahise ntangira niga kubaka mbisoje nkurikizaho no kudoda, byaranshimishije cyane kuko na nyuma yo kuva hano bizamfasha kwiteza imbere nkanateza imbere umuryango wanjye.”

Mukarwego Verediana nawe aravuga ko yashimishijwe no kwiga umwuga ari muri gereza kandi ko bizanamufasha kutazongera gusubira kugwa mucyaha nyuma yo gusoza ibihano.

Aragira ati ” nkegera muri gereza nabonaga ubuzima burangiye, ariko nkimara kugeramo nasanze bagenzi banjye bantanzemo biga imyuga itandukanye, nize kuboha ibiseke, niga kudoda ndetse no gufuma ibintu bitandukanye nka za napelo ndetse ubu nanjye nigisha abandi ibijyanye n’ubwo bukorikori kandi nizeye ko ibyo nigiye hano bizamfasha kwiteza imbere ninsoza ibihano.”

Mukantagara Angelique umugore umaze igihe kingana n’imyaka itandatu agororerwa muri gereza ya Ngoma aravuga ko muri gereza iyo witwaye neza uhakura ubumenyi.

Aragira ati ” mubyukuri turashima Leta y’u Rwanda idahwema kwita ku baturarwanda bayo, uburyo tugororwa ubona ko twitaweho pe! Twiga kubaka, kudoda, kuboha ibiseke ndetse hakiyongeraho no kwiga gusoma no kwandika ku bantu baje batabizi, ni ibyagaciro gakomeye, kuko iyo myuga twiga idufasha kwiteza imbere kuko nkiyo tumaze kumenya umwuga ibyo twakoze batugeneraho makumyabiri ku ijana ukayakoresha ibyo ushaka ndetse bamwe bashobora no gutunga imiryango yabo bari muri gereza, icyiza kandi  nuko uwize umwuga nasoza ibihano atasubira gukora icyaha bitewe nuko aba afite ibyo gukora kuko benshi bishora mubyaha kubera kubura icyo gukora.”

Gahunda leta ifite ni ukugorora bitandukanye nuko mbere byari bimeze, aho umuntu yafungwaga aho kugororoka akaza yarabaye ruharwa kubera ko ntagaciro bakundaga guha abakoze ibyaha ari nabyo byatumaga habaho insubiracyaha ugasanga usoje igihano mu gihe gito aragrutse, bitandukanye n’ubu aho uwakoze icyaha yigishwa imyuga itandukanye bamutegura gusubira mu muryango yarahindutse.

Abagore kuri za gereza zitandukanye biga imyuga itandukanye bijyanye nibyifuzo byabo.
Bavuga ko ibyo bakora iyo bigurishijwe abahbwaho 20% bakayakoresha ibyo bashaka.
Izi ni za napelo zidodwa n’abagore bari muri gereza zikundwa cyane n’abantu bo hanze.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.