Ni ubutumire bwahuriranye n’umunsi Mukuru uba buri mwaka muri icyo gihugu, wahariwe kwita ku mfungwa n’abagororwa, CGP Marizamunda Komiseri Mukuru wa RCS, akaba ari bwitabire uwo muhango aho mushyitsi mukuru ari bube ari Umwami Mswati III, kuko ari nawe Komiseri w’Ikirenga w’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’abagororwa, uwo muhango muri rusange uba wibanda kubyagezweho n’urwo rwego ndetse na gahunda zo kugorora n’uburyo bwanozwa ibitagenda neza bigahinduka hagamije iterambere.
Uyu muhango witabiriwe n’Umwami w’ubwami bwa Eswatini uyu mwaka wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Kuvugurura ibikorwaremezo biganisha ku kugorora hagamijwe mpinduka nziza.” Kuburyo ibyo bikorwaremezo bizaba bijyanye n’iterembere rigezweho rinorohereza abari muri za gereza.
Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango haza kuba ibiganiro hagati y’aba ba komiseri babiri, aho bazaganira ku bijyanye n’uburyo bugezweho bwo kugorora bitandukanye nuko mbere byakorwaga, cyane ku bijyanye n’ikoranabuhanga mu guha abari muri gereza serivisi inoze ntawe usigaye inyuma.
Hari n’abandi bakomiseri bakuru b’ibindi bihugu nabo bitabiriye uwo muhango bari bahawe ubutumire na Komiseri Mukuru w’urwego rushinzwe kugorora mu bwami bwa Eswatini, baturutse muri Botswana, Zimbabwe na Uganda.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.