Izo mbabazi bahabwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, zabaye umusingi ukomeye mu kugorora kuko zituma abana biga bashyizeho umwete bagatsinda neza ibizamini bya leta, kuva abo bana batangira gukora ibizamini bya leta abatsinze bagahabwa imbabazi, nta mwana numwe uratsindwa cyangwa ngo aze mu cyiciro cya Gatatu bose batsindira mu byiciro bibiri bibanza ntawe uraza mu byiciro bitari ibyo uko ari bibiri.
Iyo umwana aje gufungwa bitewe n’igihe yakatiwe azamara muri gereza hari amasomo atandukanye agomba guhabwa muri icyo gihe azahamara, harimo kwiga imyuga n’ubumenyingiro, hakazamo kwiga mu mashuri asanzwe ariyo icyiciro rusange ndetse n’amashuri abanza guhera mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, abakoze ibizamini bagatsinda bagakomeza mu yisumbuye mu cyiciro rusange naho batsinda bagakomereza mu yisumbuye ku mbabazi za Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko amashuri ahari agarukira ku cyiciro rusange.
Uretse gereza y’abana ya Nyagatare hari n’izindi gereza zirimo abana babana n’ababyeyi babo muri gereza ku mpamvu zitandukanye, nkaho umubyeyi akora icyaha atwite akazabyarira muri gereza ndetse n’undi ushobora gukora icyaha afite umwana ukiri muto agafunganwa n’umwana we, kuko umwana aba afite uburenganzira bwo kwitabwaho kugeza agejeje igihe cyo gutandukanwa n’umubyeyi nkuko amategeko abiteganya, abo nabo bafite amarerero bigishirizwamo mu rwego rwo gukuza intekerezo zabo. Impamvu hari gereza y’abana n’uko umwana utarageza imyaka y’ubukure cumi n’umunani leta iteganya, iyo akoze icyaha aba atagomba gufungwa ahubwo agomba kugororwa kuko ibyo aba yakoze akenshi aba atabigambiriye
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.