Categories: Amakuru ya RCSSlider

“Ubumenyi bwigirwa muri gereza ni nk’ubwigirwa ahandi hose” CGP Juvenal MARIZAMUNDA”

Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye aho Umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Emmanuel Gasana na Irere Claudette umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe itumanaho, imyuga n’ubumenyingiro, bijyanye n’igikorwa cyo gutanga impamyabushobozi ku mfungwa n’abagororwa basoje amasomo mu myuga itandukanye bigiye muri gereza, izo mpamyabushobozi zikaba zemewe na WDA ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro kuko nubwo ziba zaratangiwe  muri gereza ntaho bijya byandikwa.

Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda mu ijambo rye muri uwo muhango yavuze abantu bakwiye kugirira icyizere abakuye ubumenyi muri gereza kuko bigishwa nkuko n’ahandi biga.

Yavuze ati ” turasaba ba rwiyemezamirimo kuzagirira icyizere abigiye umwuga muri gereza, kuko ubumenyi bwigirwa muri gereza ari nkubwo n’ahandi batanga ndetse twe aba ari n’akarusho kuko dufite ibikoresho bihagije kuburyo umunyeshuri wese usoje amasomo ajyanye n’umwuga n’ubumenyingiro ari muri gereza iyo ageze hanze usanga atanga umusaruro mwiza bijyanye nibyo yize, kuko abarimu babigisha bababa hafi cyane bigatuma bakurikirana amasomo uko bikwiriye kuko ntanikintu kibarangaza cyatuma badakurikirana amasomo neza.

Gahunda yo kwigisha imyuga n’ubumenyingiro muri gereza si nshya kuko imaze igihe ikorwa muri za gereza zitandukanye ndetse akaba atari n’ubwa mbere impamyabushobozi zitanzwe, ahubwo ari ubwa mbere zitanzwe ku mubare munini w’imfungwa n’abagororwa basoje kwiga imyuga n’ubumenyingiro bari muri gereza kuko mbere wasangaga ari umubare muto wahawe izo mpamyabumenyi bitewe n’ibikoresho byari bike ndetse n’inyubako nkeya muri rusange, ariko kugeza ubu ibyo bibazo bikaba byarakemutse nta mbogamizi ituma abiga batiga neza.

Kugeza ubu mu myuga itandukanye yigirwa muri gereza harimo Ubwubatsi, ububaji, ubudozi, Gusudira, gukora amazi, gutunganya imisatsi no gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu.

Ibi ni bimwe mu bikoresho byo mu mpu bikorwa n’imfungwa n’abagororwa
Iki ni icyumba abiga kudoda bigiramo muri gereza ya Nyarugenge
Inyubako zigishirizwamo imyuga n’ubumenyingiro kuri gereza zitandukanye zarubatswe
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.