Nk’uko byatangajwe na Komiseri Mukuru wa RCS, ni mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa inyubako nk’iyo zigenda zubakwa kuri za Gereza ziri hirya no hino mu Gihugu. Komiseri Mukuru wa RCS yagize ati, “uko Leta y’u Rwanda yitaye ku guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda, abagororerwa muri za Gereza dushinzwe na bo ntibibagiranye, ni muri urwo rwego rero inyubako igezweho nk’iyi igenewe gucumbikira Imfungwa n’Abagororwa iri kubakwa hano kuri Gereza ya Rwamagana”.
Komiseri Mukuru wa RCS yakomeje atangaza ko RCS ikomeje gahunda ndende yatangiye yo kubaka inyubako zigezweho zigenewe amacumbi y’Imfungwa n’Abagororwa, bityo mu cyerekezo 2020 u Rwanda ruri kuganamo, Gereza zose zikazaba zifite inyubako zibereye ijisho.
Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka iyi nyubako igizwe n’ibice bine (blocs) izaba yarangiye ku itariki ya 31/01/2014, ikazaba ifite ubushobozi bwo gucumbikira Imfungwa n’Abagororwa ibihumbi bibiri (2,000). Iyi nyubako yatangiye kubakwa mu kwezi kwa Mutarama 2013 izuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni Magana ane (400,000, 000 Frw).
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.