Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza bari mu butumwa bw’amahoro muri MINUSCA bahawe imidali y’ishimwe

Nkuko bisanzwe abajya mu butumwa bwo kugarura amahoro ku isi, baba abasirikare abapolisi ndetse n’abacungagereza bagira igihe cyo guhabwa imidari y’ishimwe kubera ubwitange bagaragaje mu kazi  kabo ka burimunsi nkuko byagenze ku bacungagereza bari mu gihugu cya Central  Africa(CAR).

Ni umuhango witabiriwe n’umuyobozi mukuru w’ubwo butumwa (DSRSG), umuyobozi w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro, umuyobozi wa polisi  muri ubwo butumwa  ndetse n’umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa byo kugarura amahoro mu mujyi wa Bangui, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bitabiriye uwo muhango wo kwambikwa imidari abacungagereza mirongo itanu (50) aho abo mu Rwanda bambitswe ari umunani (8)

Imidari yatanzwe yahawe abacungagereza barengeje amezi umunani mu butumwa bwa MINUSCA, Kubera imirimo inyuranye bakoranye ubwitange, umurava ndetse n’ubunararibonye bagaragaje  mu kazi kabo bashinzwe ka buri munsi ko kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Abacungagereza bahawe imidari bari mu gihugu cya Central  Africa mu butumwa bwo kugarura amahoro no gufasha kuzamura imicungire y’urwego rw’amagereza muri icyo gihugu (Prison Management) baturuka mu bihugu bitandukanye aribyo: u Rwanda, Benin, Burkina Faso, Cameroun, Ghana, Kenya, Madagascar, Nigeria, Senegal, Suede, Togo na Tunisia.

Kuva abacungagereza batangiye kujya mu butumwa bw’amahoro mu mwaka wa 2010 abamaze kubujyamo bose hamwe bagera ku 146 kandi n’ubundi gahunda yo kubujyamo iracyakomeje.

                           Abahawe imidari ni abacungagereza bari bamaze mu butumwa igihe kingana n’amezi umunani

                                                Abacungagereza bari mu butumwa bw’amahoro muri MINUSCA bahawe imidari y’ishimwe

                                                                                         Inzego zitandukanye zirimo abakuriye ubutumwa bw’amahoro mu ngabo na polisi bitabiriye uwo muhango

rcspet

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.