Categories: Amakuru ya RCS

Ubufatanye n’inzego bireba: igisubizo kirambye mu gukemura ibibazo bijyanye n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa

Muri iyo nama yateraniye ku Cyicaro gikuru cya RCS ku wa 22-23/10/2013, abari bayiteraniyemo barebeye hamwe ingingo zinyuranye zirimo agaciro n’umutekano wa za dosiye z’imfungwa n’abagororwa, uburyo dosiye z’imfungwa n’abagororwa zicungwa, imikorere y’abashinzwe gucunga dosiye z’imfungwa n’abagororwa kuri za Gereza, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu ibikwa n’icungwa rya za dosiye z’imfungwa n’abagororwa ndetse n’ubufatanye hagati ya RCS n’izindi nzego zirebwa n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa.

Asoza iyo nama, Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Paul Rwarakabije yibanze cyane ku bufatanye hagati ya RCS n’inzego zavuzwe haruguru zirebwa n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa,yavuze ko iyo nama yabaye umwanya mwiza wo kungurana ibitekerezo ku bibazo bikunda kugaragara mu madosiye y’imfungwa n’abagororwa kuri za Gereza no mu ngando za TIG no gufata ingamba zo kubishakira ibisubizo mu buryo burambye.

Bimwe mu bibazo bikunda kugaragara mu madosiye y’imfungwa n’abagororwa, Komiseri Mukuru wa RCS yavuzemo ikijyanye n’abagororwa bahamwe n’icyaha cya Jenoside bafungiwe muri kasho z’ibyahoze ari amakomini igihe bazimazemo kikaba kitagaragara muri madosiye yabo ari kuri za Gereza no mu ngando za TIG, abagororwa baburanishijwe n’Inkiko Gacaca bakaba badafite amarangizarubanza n’abayafite ariko agaragaramo ibibazo n’ibindi.

Komiseri Mukuru yanagarutse ku bikorwa n’inzego bireba kugira ngo ibyo bibazo bikemuke birimo inama n’inzego z’ubutabera bireba hagamijwe kurebera hamwe uburyo ibyo bibazo byakemuka, ingendo mu magereza zigamije kurebera hamwe ibyo bibazo no kubishakira umuti, igikorwa cyatangiye cyo gushakira amatariki abagororwa bahamwe n’icyaha cya Jenoside bafungiweho muri za kasho z’ibyahoze ari amakomini n’ibindi.

Komiseri Mukuru waRCS yasabye abakozi bashinzwe imicungire y’amadosiye y’imfungw n’abagororwa kuri za Gereza bitabiriye inama kurushaho gufatanya n’izindi nzego zirebwa n’ayo madosiye ziri mu ifasi Gereza bakoreramo ziherereyemo, kugira ngo igihe dosiye y’umugororwa ibonetsemo ikibazo runaka bafatanye kugishakira igisubizo hakiri kare.

Abari bahagarariye Inkiko, Ubushinjacyaha Bukuru na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside muri iyo nama, na bo bijeje Ubuyobozi Bukuru bwa RCS ubufatanye buhoraho n’inzego bari bahagarariye mu gukemura ibibazo bikiboneka muri dosiye za bamwe mu mfungwa n’abagororwa.

DK

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

5 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

1 week ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

3 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

1 month ago

This website uses cookies.