Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano RCS ifite kugira ngo intego zayo zibashe kugerwaho kuko guhugura umukozi ari imwe mu nziraifasha mu gutuma Ikigo kibasha kugera ku nshingano kiba cyarihaye. Yagize ati: “sinshidikanya ko amasomo mwahawe muri iki gihe cy’iminsi 2 azabafasha kurushaho kunoza no kwesa imihigo mwahize no kurushaho kuzuza inshingano mwahawe”.
Muri ayo mahugurwa, abayobozi bungirije ba za Gereza bongerewe ubumenyi mu bijyanye n’imicungire ya za Gereza hibandwa cyane cyane ku mutekano, imicungire y’abakozi n’ibikoresho, imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa, kurwanya ruswa no gukoresha ikoranabuhanga.
Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abahawe amahugurwa kurushaho gukunda akazi kabo no kugakorana umurava bazirikana ko kuba baragiriwe icyizere bakagirwa abayobozi ari uko babonwamo ubushobozi, bityo ko badakwiye gutatira icyo gihango.
Yabasabye kandi kurangwa n’ubupfura n’ubunyangamugayo, guhanga udushya no kubahiriza igihe mu byo bakora byose.
Ikindi Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abitabiriye amahugurwa ni ukwiyubaha, kubahana, kuba urumuri rw’abo bayobora no kwakira neza abagana bose.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.