Categories: Amakuru ya RCS

RCS yifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri

Igikorwa cy’umuganda nyirizina cyatangiye saa mbiri za mu gitondo kiyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire cyibanze ku gusibura umuyoboro w’amazi y’imvura ku muhanda wa km 2 uhuza Gereza ya Rubavu n’umuhanda munini rusange. Hakozwe kandi igikorwa cy’isuku hatemwa ibihuru byari ku nkengero z’uwo muhanda.

Nyuma y’igikorwa cy’umuganda, abawitabiriye bahuriye kuri Gereza ya Rubavu aho basuye abagororwa n’imfungwa bose bakaganira na bo hagamijwe kubashishikariza gukomeza kwiyubaka mu bumenyi bahererwa muri gereza bubafasha kugororoka.

Abafashe ijambo bose bagarutse ku gushima ubwitonzi abagororwa n’imfungwa ba Gereza ya Rubavu bakomeje kugaragaza babasaba kubikomeraho kandi babizeza umutekano wabo n’uw’imiryango yabo. Babasabye kwirinda ibihuha bakumira icyabahungabanya cyose.

Abagororwa ba Gereza ya Rubavu bataramiwe kandi n’umuhanzi Kizito Mihigo wabanje kubaha ikiganiro gikubiyemo ubuhamya bwe bugamije kwereka imfungwa n’abagororwa akamaro k’imbabazi mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Kizito Mihigo yambwiye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Rubavu ko imbabazi zishoboka iyo harimo ubushake bwo gukira ku mutima buri wese ku giti cye.

Mu ijambo rye ryo gusoza icyo gikorwa, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire yabwiye imfungwa n’abagorrwa ko u Rwanda rugeze kure  mu miyoborere myiza akaba ari na yo mpamvu imbaga y’abantu batandukanye yaje kwifatanya na bo mu gikorwa cy’umuganda. Komiseri Mukuru Wungirije yibukije abari aho bose ko igikorwa cy’umuganda ari icyo gushimangira ukwigira no kwihesha agaciro kuri Munyarwanda wese.

Yashoje ashimira abafatanyabikorwa ba RCS mu kugorora bitabiriye icyo gikorwa bari biganjemo abanyamadini n’amatorero anabasaba gukomeza ibikorwa byiza bakora mu rwego rwo kugorora n’isanamitima.

DK

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

6 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

1 week ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

3 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

1 month ago

This website uses cookies.