Categories: Amakuru ya RCS

Ibikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cya 2013-2014, ibyinshi byagezweho- DCGP Mary GAHONZIRE

Iyi nama isanzwe iterana buri kwezi ikitabirwa n’Abayobozi Bakuru ba RCS, Abakomiseri n’Abayobozi b’Amashami muri RCS, Abayobozi ba za Gereza ndetse n’Abahuzabikorwa ba RCS mu Turere. Iyateranye ku itariki ya 09/10/2013 yari iyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yarebeye hamwe uko ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 rihagaze nyuma y’amezi 3 ritangiye.

Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko ibyinshi mu bikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari 2013-2014 byagezweho kuko isuzuma ryakozwe ryerekana ko byagezweho ku gipimo cya 90%. Muri ibyo bikorwa yavuzemo ibijyanye no gukomeza guteza imbere ibikorwa remezo hubakwa inyubako nshya za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 hanasanwa izisanzweho, kongerera ubumenyi abakozi ba RCS kugira ngo barusheho kunoza inshingano zabo, kongera umusaruro ukomoka ku bikorwa binyuranye by’Imfungwa n’Abagororwa, guteza imbere imibereho myiza y’Imfungwa n’Abagororwa no kubategura kuzasubira mu miryango yabo baragororotse kandi bafite ubumenyi buzabafasha, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri RCS n’ibindi.

Muri iyi nama, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yanagarutse kandi ku myitwarire igomba kuranga abacungagereza, aho yibukije Abayobozi ba za Gereza gukurikirana iyo myitwarire umunsi ku munsi no kubashishikariza kwirinda ingeso mbi zose zatuma habaho gutatira inshingano bafite yo kugorora abo bashinzwe.

Agaruka ku bikorwaremezo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko gahunda yo kuvugurura za Gereza ikomeje ashimangira kandi ko intambwe imaze kugerwaho n’u Rwanda mu kubaka za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 ishimishije.

DCGP Mary GAHONZIRE yanakanguriye abagororwa kongera ubumenyi no kwitabira kwiga imyuga kuko imyuga n’ubumenyi ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo.

Yagize ati “bakoreshe umwanya wabo biyungura ubumenyi, biga imyuga, kuko bizabafasha kwigira igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’Inkiko basubiye mu miryango yabo.”

DK

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

6 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

1 week ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

3 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

1 month ago

This website uses cookies.