Categories: Amakuru ya RCS

ABAGORORWA B’ABAGORE BARAKANGURIRWA KWITABIRA AKAGOROBA K’ABABYEYI

Mu Rwanda hashyizweho gereza zihariye zifungirwamo imfungwa n’abagororwa b’abagore, Mu kubagorora hifashishwa gahunda zitandukanye zirimo amasomo y’uburere mboneragihugu, kwigishwa amasomo asanzwe harimo gusoma no kwandika ndetse n’imyuga. Ubwo Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa DCGP Jeanne Chantal Ujeneza yasuraga abagore bo muri gereza ya Nyamagabe yashimye imyitwarire iranga abagore bafungiye muri iyi gereza kuko nta bitekererezo by’ingengabitecyerezo ya genoside byabagaragayeho mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 genoside yakorewe abatutsi. Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS Jeane Chantal Ujeneza .aganira n’abagororwa b’iyi gereza yababwiye ko nibemera kugororoka ari ukubaka umuryango nyarwanda kuko umugore ari umutima w’urugo. DCGP Jeanne Chantal Ujeneza yasabye imfungwa n’abagororwa ba gereza y’abagore na Nyamagabe ko bakwitabira akagoroba k’ababyeyi kugirango bajye baganira ku bibazo bibareba, bishingiye ku kuba bari muri gereza. DCGP Jeanne Chantal Ujeneza yababwiye izi imfungwa n’abagororwa ko kuba ni ubwo bari muri gereza atari ibicibwa.

Yaragize ati”Kuba muri hano ntabwo muri ibicibwa, guhanwa ntabwo ari ugucibwa ni ukugirango mwerekwe ibyo mwatandukiriye ngo mugaruke ku murongo. Niyo mpamvu mu kagoroba k’ababyeyi turahanana….kandi indangagaciro z’umuco nyarwanda mwigishwa namwe mujye muzigisha ku bantu babasura” Abagororwa b’abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bashimiye ubuyobozi uburyo bitabwaho mu mibereho myiza, harimo no kuba ubu basigaye baremerewe kujya batunga umusatsi kandi bitarabagaho.Imfungwa n’abagororwa ba gereza ya Nyamagabe basabye ubuyobozi bukuru bwa RCS ko bahuzwa n’imiryango bahemukiye muri genoside yakorewe abatutsi kugirango bayisabe imbabazi, maze Komiseri Mukuru wa RCS abizeza ko bazabiibafashano. Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yanasuye kandi abacungereza ba gereza ya Nyamagabe abasaba kurushaho kurangwa n’imyifatire myiza. Gereza yihariye ya Nyamagabe ifite umwihariko wo kuboha uduseke, abagore bayifungiyemo bakaba bafite intego yo kuboha uduseke ku buryo twakoherezwa ku rwego mpuzamahanga.

rcspet

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.