Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba yasuye abatigiste abasaba kurangwa n’imyitwarire myiza.

Ubwo yasuraga ingando y’abatijiste iri mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashishikarije abagororwa bakora imirimo nsimburagifungo kurangwa n’imyifatire myiza kugirango imirimo nsimburagifungo bakora igende neza.  Komiseri Mukuru wa RCS yibukije kandi abatijiste ko inshingano yabo ya mbere ari ibikorwa by’injiza umusaruro, abashimira uburyo bakora batiganda, maze abizeza ko uzajya urangiza igihano cye azajya ahita ataha, kuko nta mpamvu umuntu yatinda gutaha kandi yararangije igihano cye.

CGP George Rwigamba yabwiye abagororwa barimo gukora imirimo nsimburagifungo mu murenge wa Mageragere ko leta ikora ibishoboka byose kugirango urangiza imirimo nsimburagifungo ajye ataha yarahindutse ku buryo  atazongera gukora ibyaha byatuma afungwa ibyo kugirango bigerweho ni uko bagomba kujya bakurikizwa inama bagirwa igihe barimo kurangiza ibihano bakora imirimo nsimburagifungo. Ibikorwa n’abatijiste bo murenge wa Mageragere ni ubuhinzi bw’ibigori ndetse n’ibishyimbo. Abari muri iyi ngando ya Mageragere ni nabo basije ikibanza kirimo kubakwamo gereza ya Mageragere izimukiramo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge.

 Imirimo yo kubaka gereza ya Mageragere bikorwa mu byiciro. Ikiciro cya kabiri kigzweho  ubu imirimo igeze ku kigereranyo cya 70% kugirango kirangire. Iki kiciro cya kabiri nikirangira kubakwa, abagororwa n’imfungwa bo muri gereza ya Nyarugenge niya Gasabo bazahita bimurirwa muri iyi gereza nshya yubakwa mu murenge wa Mageragere . CGP George Rwigamba asura ibikorwa bya RCS biri mu murenge wa Mageragere yari kumwe n’umuyobozi ushinzwe ishami ry’umusaruro muri RCS ACP Peter Kagarama

rcspet

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.