Categories: Amakuru ya RCS

Ministre w’Umutekano yasuye ibikorwa byo gusana Gereza ya Rubavu

Kuri uyu wa kane, Ministre w’Umutekano mu Gihugu Sheih Moussa Fazil HARELIMANA ari kumwe na Komiseri Mukuru wa RCS CGP Paul RWARAKABIJE basuye Gereza ya Rubavu maze bareba ibikorwa byo kubaka inyubako z’amagorofa agomba kujya ararwamo n’Imfungwa n’Abagororwa. Izi nzu eshatu nizo zigomba gusimbura amahema yifashishwa nk’amacumbi y’abagororwa nyuma y’uko iyi Gereza igize impanuka y’inkongi mu mwaka wa 2014. Kubaka izi nyubako bizatwara amafaranga akabakaba miliyari imwe n’ibihumbi Magana arindwi (1.700.000.000). Inyubako imwe izajya irarwamo n’abagororwa igihumbi.

Umusingi w’inyubako ebyiri umaze kurangira kubakwa bikaba biteganijwe ko zizarangira neza kubakwa mu mpera z’uyu mwaka wa 2016. Gusana iyi Gereza birakorwa kubryo iyi Gereza ya Rubavu yuzuza ibyangombwa mpuzamahanga. Uburyo yubakwa ishyirwamo ibikorwa remezo byatuma igihe habaye impanuka muri Gereza, gutabara Imfungwa n’Abagorwa byakorwa ku buryo bwihuse. Mu biganiro Ministre Sheih Mousa Fazil HARELIMANA n’intumwa yarayoboye bagiranye n’ubuyobozi bwa RCS kubaka iyi gereza ya Rubavu, hatanzwe inama ko iyi Gereza yashyirwamo indi miryango ibiri isohoka muri Gereza, iyi ikaba yakoreshwa mu gihe habaye impanuka hahungishwa imfungwa n’abagororwa.

Ibijyanye n’imikino n’imyidagaduro hateganijwe ko hazubakwamo ibibuga bya basket ball na volley ball. Ivuriro rikorera muri iyi Gereza naryo rigomba kuvugururwa. Ibindi  bikorwa remezo  byubakwa muri iyi Gereza ni uko ugushyira  umuhanda ugera muri iyi gereza ari ngari ku buryo igihe haba inkongi y’umuyaga imododoka izimya umuriro byayorohera kuyinjiramo Kugeza ubu gereza ya Rubavu icumbikiye imfungwa n’abagororwa ibihimbi bitatu na Magana arindwi

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.