Umuyobozi wa Gereza ya Huye yavuze ko ibikorwa by’umusaruro bagira harimo ubuhinzi n’ubworozi bikorwa n’abagororwa ndetse hariho nibindi bikorwa hakoreshejwe amasezerano ya barwiyemeza mirimo cyangwa abaturage kugiti cyabo bijyanye no kubaka amateme ,amazu,ndetse no gusana nibindi bikorwa bitandukanye .
Amasafuriya akorwa n’uruganda rwa Gereza ya Huye
Amasabune y’uruganda rwa Gereza ya Huye akoreshwa mwisuku y’abagororwa
Kimwe mugice cy’urutoki rwa Gereza ya Huye
Yakomeje avuga ko hari nibindi bikorwa nka Atoriye y’ububaji,Ubukorikori n’ubugeni,hamwe n’Uruganda rw’amasabune n’amasafuriya manini bita movero ,ibyo bikorwa byose bikorwa hakoreshejwe abagororwa kandi ko bibyara umusaruro kuri RCS ndetse n’igihugu muri rusange.
Nanone atubwira ko ibyo bikorwa byose bikorwa na Gereza kubufatanye n’icyigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi ( RAB) cyane mukubahugura no kubakurikirana mubuhinzi bw’umuceri,urutoki,n’ubworozi bw’amatungo.
Akomeza avuga ko ibyo bikorwa by’umusaruro harimo ibyeguriwe MUHABURA MULTICHOICECOMPANY (MHC) nkubuhinzi bw’umuceri,ububaji,ndetse n’amasabune.
Twegereye bamwe mu bakora iyi mirimo nyongera musaruro batubwirako ibafitiye akamaro kanini kandi ko bayikora ntagahato karimo kandi bibagirira akamaro nko kongera ubumenyi mugihe bafunguwe bakazagira icyo bimarira mubuzima bwo hanze,
Ndetse kandi ko iyo mirimo ibarinda ubwigunge.
Imboga zigenewe Imfungwa n’abagororwa ba Gereza ya Huye
Inkwavu z’unganira indyo y’ababana nindwara zidakira kuri Gereza ya Huye
Ubuhinzi bw’umuceri wa Gereza ya Huye
Inka zikamirwa imfungwa n’abagororwa babana nuburwayi budakira
Kimwe mugece cya BIOGAZ kifashishwa mugutekera Imfungwa n’abagororwa
Imwe mundege zikorwa N’abagorwa ba Gereza ya Huye
Ubukorikori bukorwa n’abagorwa ba Gereza ya Huy
Imbata z’unganira indyo y’abagororwa babana n’uburwayi budakira kuri Gereza ya Huye
Ingurube zororewe kuri Gereza ya Huye
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.