Mu mpera z’iki cyumweru abacungagereza barindwi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) bashimiwe ku kazi bakoze ko kubungabunga amahoro mu gihugu cya Centre Africa.
Uyu muhango wabaye kuri uyu wa gatandatu, wayobowe n’ ukuriye ingabo za UN washimiye aba bacungereza akazi bakora aboneraho no gusezera ku mucungagereza SIP Alexandre MAHORO usoje ubutumwa bw’akazi muri iki gihugu
Ukuriye ishami rya UN ribungabunga amahoro muri Centre Africa yashimye urwego rw’Ubumenyi bw’Abacunagereza bo mu Rwanda kuko batanga inama z’uko amagereza yo muri Centre Africa yakora kinyamwuga
Abacungagereza boherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ni inzobere mu micungire y’amagereza. Akazi kabo kaba ari ugukora inyigo no kwigisha uburyo amagereza acungwa kinyamwuga.
U Rwanda rwatangiye kohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro muri Centre Africa mu mwaka wa 2016. Ibindi bihugu birimo abacungareza mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ni Sudani na Sudani y’Amajyepfo ndetse na Haiti
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.