Amahugurwa yo kwita kuri Biogaz, ingufu zituruka mu myanda zikifashisha mu bikorwa bitandukanye harimo guteka ndetse no kubona umuriro yaberaga kuri Gereza ya Nyarugenge yasojwe uy umunsi.
Ni amahugurwa yahabwaga abacungagereza baturutse kuri Gereza zitandukanye mu Rwanda uko ari 13, bita ku ngufu zituruka ku myanda (Biogaz) zikifashishwa mu bikorwa bitandukanye nko guteka byakabaye bikoresha inkwi mu gutunganya ibiryo by’Imfungwa n’Abagororwa.
Abahuguwe basobanuriwe bihagije imikorere ya Biogaz ndetse n’akamaro kayo muri iki gihe isi iri mu nkundura yo kurengera ibidukikije kuko itangiza ibidukikije ugereranyije no gukoresha inkwi kuko idasohora umwotsi nka kimwe mu bintu bikunda kugarukwaho mu byangiza akayunguruzo k’izuba kandi ikaba ifasha mu kwimakaza isuku muri rusange.
Abasoje amahugurwa bishimiye amasomo bahungukiye ndetse biyemeza kuzayashyira mu bikorwa kuri za Gereza aho bakorera.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.