Categories: Amakuru ya RCS

Gusura imfungwa n’abagororwa bigiye gutangira hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Nubwo isura rigiye gutangira imiryango n’inshuti bakongera gusura ababo bari muri Gereza, hari amabwiriza agomba kubahirizwa yo kwirinda Covid-19 nkuko byasohotse mu mabwiriza ya Komiseri Mukuru wa RCS.

Aya mabwiriza ya Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa RCS, yasohotse kuwa 14 Gashyantare 2022 agenga uburyo bwo gusura umuntu ufunze bizagenda ku bazaba baturutse hanze mu miryango itandukanye ndetse n’ishuti zabafunze bitewe n’ibihe turimo byo kwirinda Covid-19 aho amabwiriza asobanura uko bizajya bigenda muri icyo gihe cy’isura.

Mu mabwiriza yasohotse,harimo kuba umuntu uzasura agomba kubisaba mbere y’iminsi ibiri mbere y’umunsi w’isura, hakazajya hasura umuntu umwe gusa, kutarenza iminota cumi n’itanu yo kuganira n’umuntu wawe mu buryo bwo gucunga neza igihe, kuba umuntu wese uje gusura aba yarikingije nibura inkingo ebyiri niba ari hejuru y’imyaka 18 ndetse akaba agaragaza ko yipimishije mu masaha 72 ndetse n’usuwe agomba kuba nibura yarikingije urukingo rumwe, yaba kandi usurwa n’usura bose bagomba kuba bambaye neza udupfukamunwa, bikaba kandi bitemewe kuzana ibintu baturutse hanze byaba ibiribwa cyangwa ibinyobwa.

Ibindi kandi bitemewe ni uguhererekanya amafaranga mu ntoki, ahubwo ko hazakomeza gukoreshwa uburyo bwakoreshwaga bwa MOMO Pay ya gereza umuntu wawe afungiyeho ukoresheje telefone ikubaruyeho ukanohereza ubutumwa bugufi burimo amazina y’uwohereje n’uwo yoherereje kugirango babashye kumenya nyirayo, akarushyo kuri gereza zose bariteguye bihagije ku bijyanye n’ubwirinzi bwa Covid-19 ahazabera isura kuko hose hateguye ibikoresho bifasha mu bwirinzi bw’icyorezo aribyo amazi n’isabune byo gukaraba, umuti wo kwica za mikorobi mu ntoki Hand sanitizer ndetse hakazabaho kubahiriza intera yametero 2 hagati y’usura n’usurwa.

Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa nyuma y’icyumweru kimwe kuva atangajwe kandi akazagenda avugururwa uko icyorezo cya Covid-19 kizagenda kigabanya ubukana.

rcspet

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.