Categories: Amakuru ya RCS

GEREZA YA HUYE: Abagororwa barishimira ubumenyi bakura mu amashuli y’imyuga n’ubumenyingiro

Kuwa 06 Gicurasi 2021

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, RCS ruri gukora ibishoboka byose ngo umugororwa agire ubumenyi yunguka kugira ngo bizamufashe kwirinda kongera kwishora mu byaha kandi binamufashe kwihangira umurimo cyangwa guhangana ku isoko ry’umurimo igihe azaba asubiye mu muryango Nyarwanda.

Kuri ubu, RCS ifite gereza eshanu zigishirizwaho imyuga n’ubumenyingiro ari zo Huye, Nyanza, Rwamagana, Nyarugenge na Rubavu, gusa intego ikaba ari uko bizagera kuri gereza zose mu gihugu.

Kuri Gereza ya Huye, abagororwa biga umwuga wo kubaza kandi ni na wo wonyine uboneka kuri iyo TVET center.

Umugororwa wo kuri Gereza ya Huye witwa BIMENYIMANA Emmanuel, avuga ko akimara kuzanwa kugororerwa kuri Gereza ya Huye byamugoye kubyakira, gusa nyuma abona ko hari gahunda nziza yo kwiga imyuga.

Yagize ati “muri Gereza habamo gahunda yo kugorora binyuze mu burezi kandi turayishima cyane nk’abagororwa kuko itwongerera icyizere ko ejo hazaza hazaba heza. Ubu ndishimye kuba ndi umwe mu bagize amahirwe yo gukurikirana amasomo yo kubaza. Mfite gahunda yo kuzakoresha ubumenyi nzavana hano mu kwiteza imbere hamwe n’umuryango wange ndetse n’igihugu muri rusange.”

BIMENYIMANA kandi yashimiye Leta y’u Rwanda na RCS by’umwihariko, yashyizeho iyi gahunda yo kugorora binyuze mu burezi, kuko bifasha abagororwa kuzagira ejo heza igihe bazaba bari gukoresha ubumenyi bahawe nibasoza igihano.

Ushinzwe uburezi no kugorora kuri Gereza ya Huye, SP Fabrice NDAYAMBAJE, yavuze ko amasomo atangwa ku bagororwa aba afite ireme kuko bigishwa n’abarimu bashoboye kandi bakaba bazahabwa impamyabushobozi za WDA.

Abagororwa mirongo itanu (50) ni bo bari gukurikirana amasomo, 25 bakaba biga mbere ya saa sita, abandi 25 bakiga nyuma ya saa sita. Aya masomo azamara amezi atandatu, hakurikireho ikindi kiciro na cyo kiziga amezi atandatu.

rcspet

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.