Muhanga , Kuwa 06 Gicurasi 2021
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa rufite ibikorwa by’umusaruro bitandukanye kuri buri Gereza, birimo ubuhinzi, ubworozi, ubukorikori, ububaji, ubudozi, inganda zikora amasabune, amasafuriya, n’ibindi bikaba bigira uruhare mu mibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa.
SGT BIMENYIMANA Fidele wungirije ushinzwe ibikorwa by’umusaruro kuri Gereza ya Muhanga, avuga ko kuri iyo Gereza habarizwa ubworozi bw’amatungo magufi n’amaremare, ubuhinzi, n’ububumbyi bw’amatafari.
Yagize ati “Hano kuri iyi Gereza tworora ingurube za kijyambere zizwiho kororoka vuba, ubworozi bw’inka za Kijyambere zitanga umukamo mwinshi, na ho mu buhinzi dukunda guhinga ibishyimbo, ibigori, n’imboga-rwatsi zitandukanye.”
SGT BIMENYIMANA Fidele yakomeje avuga ko ibyo bikorwa bifitiye akamaro kanini Imfungwa n’abagororwa by’umwihariko nka Gereza igororerwamo abagore, kuko ababyeyi batwite, abonsa, n’abana bakibana n’ababyeyi muri Gereza bagenerwa inyunganiramirere nk’amata, imboga na sosoma.
Muri rusange, ibikorwa by’umusaruro bifasha abagororwa bose cyane cyane nk’ubuhinzi bw’imboga, kuko bazitekerwa mu mafunguro yabo ya buri munsi, kandi ku barwayi n’abafite intege nke, bahabwa amata kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kumera neza.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.