Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Mu bukangurambaga ku buryo bushya mu gutanga serivisi zihuta ku basura n’abasurwa ku magororero bwa E-Huza burigukorwa na RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, ni umushinga wizweho bitewe nuburyo hari ibitaragendaga neza mu mitangire ya serivisi cyane nko kohererereza amafaranga umuntu wawe uri mu Igororero aho byasabaga ko wohereza n’ubutumwa bugufi ku yindi nimero busobanura imyirondoro y’uwo woherereje wakwibesha amafaranga akabura nyirayo.

Abo mu Igororero rya Bugesera na Nyarugenge bavuze ko bishimira ubu buryo bushya aho bavuga ko bwaziye igihe ndetse bizanabafasha kwihutisha serivisi bahabwaga, kandi bikazanafasasha no kororhereza abafite imbaraga nke n’abasura buturutse kure ndetse n’ababa hanze y’Igihugu batabona uko baza gusura kuko hazaba harimo uburyo bwo gusura imbonankubone (Video Call) aho uganira n’uwawe murebana bitagusabye kuza ku Igororero.

Ni ubukangurambaga burigukorwa ku magororero yose kugirango abasura n’abasurwa basobanukirwe imikorere n’ibyiza by’uwo mushinga mushya ugiye kujya wihutisha serivisi ndetse ukagabanya zimwe mu mbogamizi zajyaga zigaragara cyane mu kohereza amafaranga uyoherereza umuntu wawe uri mu Igororero.

CSUPT Hillary Sengabo, Umuvugizi w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) yababwiye ko ubu buryo bushya ari bwiza kuko ari serivisi ukora wowe ubwawe ukizera ko amafaranga ageze aho wifuza ko agera ababwira ko nta kongera kubura amafaranga nkuko byajyaga bibaho bitewe n’uburyo bwakoreshwaga mu koherereza amafaranga rimwe na rimwe ntagere aho yagombaga kugera akabura banyirayo kuko hari amakuru ataratanzwe, abasaba kubukunda kuko bwizewe.

Munyaneza Derick, umukozi wa Rwanda Bridge to Justice akaba n’umutekenisiye wa E-Huza, nawe yabwiye abagororwa n’abaturage baje kubasura ko abatangiye kuyikoresha aribo bavuga ubwiza bwayo, ndagira ngo mbabwire uko bikora iyo ushaka koherereza amafaranga umuntu wawe aho ukanda akanyenyeri 920 ugakurizaho urwego ubundi ugakurikiza amabwiriza, wagera aho ugiye kohereza bakagusaba nimero y’umugororwa ariyo yitwa akarangamugororwa, wayishyiramo ukabona amazina yose y’uwo ugiye koherereza amafaranga ukohereza wizeye neza ko agiye ku muntu wawe kuko ako karangamugororwa ntawe ugahuza n’undi ibyo bikaba bifasha n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora gukusanya amakuru yose y’abagiye bohererezwa amafaranga bitagoranye. Yabasabye kubukunda bakabukoresha anababwira ko vuba haraba hatangiye n’ubundi buryo bwo kuzajya basura imbonankubone bikazorohereza abari mumahanga bitajyaga byorohera gusura ndetse n’abanyantege nke nk’abantu bakuze n’ababana n’ubumuga byagoraga kugera ku Igororero.

Ni ubukangurambaga burigukorwa mu rwego rwo gufasha abasura n’abasurwa ku magororero, kubona serivisi nziza zibanogeye nkuko Leta icyo ishyize imbere ari umuturage ku isonga kuri serivisi zitandukanye abona zikamugeraho ku gihe kandi zimunogeye.

Abasura n’abasurwa barishimira uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwa E-Huza buzihutisha serivisi bahabwaga.
Abatekenisiye ba E-Huza basobanuriraga abagororwa bo mu Igororero rya Bugesera uko E-Huza ikora.
CSUPT Hillary Sengabo abwira abaturage ibyiza bya E-HUZA n’imbogamizi yaje gukemura mu gutanga serivisi nziza kandi inoze.
Abagororwa bo mu Igororero rya Bugesera bishimiye uburyo bushya kuko buzabasha kwihutisha serivisi bahabwa.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

1 month ago

This website uses cookies.