Ni igikorwa cyabereye icyarimwe mu magororero yose yo hirya no hino mu gihugu cyitabiriwe n’abakozi ba RCS ndetse n’abagororwa.
Gahunda yo kwibuka yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo ibiganiro ku mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibihe byo kubunamira.
Abitabiriye ibi bikorwa banakurikiranye kuri televiziyo gahunda nyamukuru y’igihugu yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, aho Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yatangirije ku mugaragaro iki cyumweru cy’icyunamo.
Iki gihe cyo kwibuka ni umwanya wo gusubiza amaso inyuma, guha agaciro ubuzima bw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, no gukomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, haba mu magororero no hanze.
Ku Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS na ho bifatanyije n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.