Categories: Amakuru ya RCS

Mu Igororero rya Nyamagabe Abagororwa bazira ibyaha bya Jenoside barigusoza ibihano batangiye amahugurwa

Ni igikorwa cyatangijwe kumugaragaro  na Uwera Kayumba M. Alice, Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, akaba yari aherekejwe n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamagabe barikumwe n’inzego zitandukanye z’umutekano zikorera mukarere ka Nyamagabe.

Umuyobozi wari waje muri icyo gikorwa ahagarariye Komiseri Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora yari komiseri Michael Kamugisha, aho yasabye abagororwa gukurikirana neza amahugurwa bariguhabwa bakazirinda ikintu cyose cyatuma bagaragara mu bikorwa bibi bidakwiriye umunyarwanda kuko aricyo aya mahugurwa aba yarateguriwe murwego rwo kubafasha kumenya amakuru y’ibintu byahindutse igihe batari bahari.

Umuyobozi ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ubudaheranwa muri Minubumwe, Uwera Kayumba Alice yavuze ko iyo gahunda iri gutanga umusanzu mu kugororoka nyako ku bakoze ibyaha bya Jenoside kuko abahawe amahugurwa bamaze bamaze gusubira muri sosiyete iyo ubajije aho batuye bakubwira ko ari abaturage beza bubahiriza gahunda zose za Leta ntakibazo cy’imibanire mibi n’abo baturanye kijya kibagaragaraho.

Ni inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa Minubumwe ibaha zizabafasha kongera kwiyubaka vuba bageze muri sosiyete nyarwanda bakabana neza n’abo basanze bumva neza umurongo mwiza Igihugu gifite wo kugira abaturage batarangwa n’ivangura iryariryo ryose kuko baba bamaze igihe kinini batazi amakuru kuri byinshi biba byarahindutse bikaba ari uburyo bwo kubategura mu marangamutima yabo ndetse na Minubumwe ikaba ivuga ko amahugurwa yatanzwe kubasoje yatanze umusaruro kuko ntansubiracyaha zabayahawe zagaragaye.

Abazakurikirana aya mahugurwa bari mu Igororero rya Nyamagabe bose hamwe ni 266 barimo abagabo 165 ndetse n’abagore 101 baturutse mu magororero 10 ari hirya no hino mu gihugu.

Komiseri Micheal Kamugisha, yasabye abagororwa bariguhabwa amahugurwa kwirinda insubiracyaha.

Uwera Kayumba Alice Umuyobozi Nshingwabikorwa Ushinzwe Ubumwe n’Ubudaheranwa muri Minubumwe yasabye abari gukurikirana amahugurwa kuzaba abaturage beza.
Abarigukurikirana amahugurwa bari ku Igororero ry’abagore rya Nyamagabe bose hamwe ni 266.
Abitabiriye amahugurwa ubona ko babyishimiye kandi biteguye kuzaba abaturage beza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.