Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi Yagiranye ibiganiro na Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT waje mu ruzinduko rw’akazi

IRMCT ni Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’inkiko mpuzamahanga zaburanishije ibyaha bikomeye birimo jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, zirimo ICTR na ICTY. Uru rwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano byakatiwe n’izo nkiko, rukanagenzura ko ibihugu byakira abagororwa bubahiriza amahame mpuzamahanga.

Basobanuriwe gahunda zifasha abagororwa kugororoka n’uburyo amategeko mpuzamahanga yubahirizwa.

Mu biganiro abayobozi bombi bagiranye hibanzwe ku mibereho myiza y’abagororwa by’umwihariko abagororwa b’abanyamahanga bari kurangiriza ibihano byabo mu Rwanda n’ingamba zibafasha kugororoka no kwitegura gusubira mu miryango.

Muri izo gahunda harimo amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro nko kudoda, ububaji, ubuhinzi n’ubworozi, ubudozi n’ubukanishi, ubukorikori byose bibafasha kubona ubumenyi buzabateza imbere.

Nyuma y’ibyo kandi hakiyongeraho siporo zitandukanye zituma bagira ubuzima bwiza n’imyitwarire myiza, amasomo y’uburere mboneragihugu abigisha indangagaciro z’ubunyangamugayo, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’amasomo rusange yo gusoma, kwandika no kubara ku batize.

CG Murenzi yashimangiye ko RCS ikomeje gushyira mu bikorwa amahame mpuzamahanga agenga amagororero mu gihugu hose. Perezida wa IRMCT na we yashimiye intambwe imaze guterwa, ashimangira ko ubufatanye bukomeje ari ingenzi mu guteza imbere ubutabera n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Madamu Graciela Gatti Santana, Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga rwa IRMCT.
Madamu Graciela Gatti Santana, yari kumwe n’abandi bayobozi barimo Jesse Leff na Fiona Reinhardt.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.