Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abayobozi mu nzego z’ubutabera n’umutekano bitabiriye gahunda y’ubutabera bw’ubuhuza ku Igororero rya Nyarugenge

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye icyo gikorwa, Umumararungu Marie Rose wari uhagarariye ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye, yibukije abagorororwa ko ubuhuza bushingiye ku kwemera icyaha buhera mu manza zo hasi bitarinze kugera aho gukatirwa, ariko kandi n’uwageze mu igororero  ntabwo aba ahejwe ari nayo mpamvu uyu munsi baje ku igororero rya Nyarugenge kugira ngo uwo ari wese wifuza kwicuza nawe abe yahabwa ubutabera nk’ubw’abandi Banyarwanda bose.

Umuyobozi wa RIB mu Karere ka Nyarugenge yasabye abagorororwa Kwirinda kuburana imanza za ndanze bakajya bemera ibyo bakoze kare  mu iperereza ry’ibanze, bityo hakirindwa ko hakomeza kubaho gutinda  kw’ibirego hakorwa irindi perereza nyamara ushobora gusaba imbabazi hakabaho n’uburyo bwo kuguhuzwa n’uwo wakoreye icyaha bigakemuka kare.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda (DPC) mu Karere ka Nyarugenge SP JB Nsabimana we yagiriye inama abagororwa ko mu gihe bagize amahirwe yo kurekurwa, byaba mu buryo bw’agateganyo cyangwa ubwuzuye, bakwiye kubiha agaciro ndetse no kubyubaha birinda ibindi byaha byatuma bagaruka  mu igororero, kuko iyo bagarutse bifatwa nko kuba n’ubundi bararekuwe batabikeneye.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda  Justice Harrisson MUTABAZI waje ahagarariye Umucamanza Mukuru, yasezeranyije abagororwa ko uretse iyi gahunda y’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea-Bargaining), hari gutegurwa uburyo ba perezida b’inkiko ku nzego zose, bazafata umwanya bakaza kureba ibibazo by’abagororwa muri rusange, ibisaba ubuvugizi bugakorwa n’ibikemurirwa aho bigakemuka.

Muri iki kigorwa cyabaye none, abagororwa babonanye n’ubushinjacyaha, 39 muri bo bahise bakorerwa ubuhuza ( Plea-bargaining). Ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda igamije guhuza no kunga uwakoze icyaha n’uwagikorewe kandi bikanagabanya ubwinshi bw’imanza mu nkiko ndetse no kugabanya umubare mwinshi w’abantu bafungwa ugasanga binatera ubukene mu miryango bakomokamo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.