Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Murenzi yakiriye Umuyobozi wa Prison Fellowship International bagirana ikiganiro

Ikiganiro abayobozi bombi bagiranye byibanze ku bimaze kugerwaho mu mikoranire iri hagati y’uyu Muryango na RCS kuva mu mwaka wa 2010, harimo: Guteza imbere imibereho y’abagororwa bahabwa ubumenyingiro buzababeshaho barangije ibihano, gufasha imiryango y’abagororwa gusura ababo igihe badafite ubushobozi, gufasha abana b’abagororwa no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa barabgije ibihano.

Baganiriye kandi ku gushimangira ubufatanye busanzweho bwo kongerera imbaraga ibikorwa by’igorora no gufasha abagororwa gusubira mu buzima busanzwe bifitemo ubushobozi buzababeshaho hanze bakanateza imbere imiryango yabo n’Igihugu muri rusange.

Bwana Andrew Corley yashimiye Ubuyobozi bw’u Rwanda ku mavugurura meza bwakoze mu Rwego rw’Igorora cyanecyane ingamba zashyizweho mu rwego rwo gufasha uwakoze icyaha kugororoka no kumufasha gutegura ubuzima azabamo nyuma yo kurangiza ibihano. CG Murenzi yashimiye uyu Muryango ku mikoranire myiza igamije guteza imbere imibereho y’abagororwa kuko iterambere ry’abo rigira uruhare mu gukumira insubiracyaha igihe baba basubiye mu miryango yabo.

Bwana Andrew Corley, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga Prison Fellowship International.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.