Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umutwe udasanzwe wa RCS ubamo abafite ubumenyi n’ibikoresho by’ihariye bibafasha gukora kinyamwuga

Ni amahugurwa bahererwa ku Ishuri rya RCS rya ‘Rwamagana Training School’, akaba abongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo gutabara aho ari ho hose mu magororero igihe havutse ibibazo by’umutekano hifashishijwe ibikoresho by’ihariye birimo: ingabo z’ibakingira, ibyuka biryana mu maso, ibikoresha amazi mu gutatanya abigaragambya n’ibindi bitandukanye bibashoboza gukora akazi vuba kandi ntawuhutajwe.

Umuvugizi wa RCS, Chief Superintendent Hillary Emmanuel Sengabo avuga ko kuba uyu mutwe w’ihariye uhari ari inkingi ikomeye mu nshingano zo kugorora no gucunga umutekano w’abagororwa n’uwabo bwite, bigakorwa kinyamwuga mu buryo budahutaza uwo ariwe wese, hakurukijwe amategeko y’Igihugu na mpuzamahanga mu gusigasira uburenganzira bwa muntu.

Ati “nukuvuga ngo ubu turakora mu buryo bwa kinyamwuga kuko umutwe wihariye baba bafite ubushobozi bwo gukemura ikibazo mu ituze hirinzwe ihohoterwa. Aho abantu bakora kinyamwuga baba batandukaniye n’abadakora kinyamwuga mu bijyanjye n’ibi by’umutekano, ni ugukora ibintu neza utangije.”

Umuvugizi wa RCS, akomeza avuga ko uyu mutwe udasanzwe Atari wo wihariye wonyine kuko hari n’irindi ‘Tsinda ry’ihariye rya muzika’ ndetse n’ishuri rikuru ry’igisha abo ku rwego rwa ba Ofisiye bato.

ubumenyi n’ubushobozi bafite bibafasha gukora akazi gakomeye bidasabye ko baba benshi cyane.
Bakorera imyitozo ku Ishuri rya RCS, Rwamagana Training School.
Uyu mutwe udasanzwe ugizwe n’abasore n’inkumi.
Bafite ubumenyi n’ubushobozi bwo gucunga umutekano w’abagororwa mu nzitizi izo arozo zose.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.