Ni mu giterane cyabereye muri iri Gororero, aho abavugabutumwa bo muri SOAG baje kwifatanya n’abagororwa kwizihiza Umunsi mukuru wa Noheri wabaye ejo kuwa kane. Abagororwa bagejejweho ijambo ry’Imana n’impanuro zitandukanye, bibutswa ko ibihe bya Noheri ari umwanya mwiza wo kwishima, gusangira, gufashanya ndetse kwisuzuma umuntu akitandukanya n’ikibi cyose.
Abagororwa bashimiye cyane aba bavugabutumwa babazirikanye bakaza kubaha ibirori ndetse n’impano z’iminsi mikuru. Babasabye kujya babazirikana no mu bindi bihe uko umwanya ubonetse bakaza bakabasura.
Abagororwa nyuma yo kugezwaho ijambo ry’Imana, ku bufatanye na RCS, SOAG yashyikirije abagororwa impano ya matola 100 mu rwego rwo kwifatanya nabo mu kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025.
Muri gahunda zitandukanye z’igorora, RCS igira imikoranire n’imiryango,ibigo n’amadini bitandukanye bafatanya mu bikorwa bitandukanye by’igorora byose bigamije kurushaho kunoza imibereho myiza y’umugororwa. Aha hazamo n’ivugabutumwa kuko rifasha mu isanamitima kuri aba bantu bari mu magorero atandukanye.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.