Ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batambagijwe ibice bitandukanye by’iyo nyubako, igiye irimo ibimenyetso byerekana uko urugamba rwo kubohora ubanyarwanda bicwaga bazira ubwoko bwabo, n’uburyo bamwe mu banyarwanda bari baramenesherejwe mumahanga hirya no hino bafashe iya mbere bakemera guhara amagara yabo ngo babohore benewabo bicwaga, aribwo urugamba rwatangiraga bagasoza intego yabo bayigezeho nubwo bitabujije bamwe muribo kuhasiga ubuzima muri urwo rugamba rwo guhangana n’umwanzi.
Basobanuriwe amateka y’iyo nyubako nuburyo yabaye umutaka wabo kuko abanyepolitiki n’abasirikare 600 ba RPA, arimwo bari bari kubwumvikane bwa Leta yari iriho biturutse ku masezerano yari yabereye Arusha muri Tanzaniya yo gusaranganya ubutegetsi, ariko nyuma bagashaka kubatsinda muri iyo nyubako kugirango hatarokoka n’umwe birwanaho mu buryo bushoboka birangira bagenzi babo baje kubunganira baturutse ku murindi aho ibindiro bikuru bya RPA byari biri baboneraho no kurokora abicwaga mumujyi wa Kigali bakomeza urugamba aribyo byanatumye babona intsinzi.
Abanyeshuri bashimye ubutwari n’ubwitange byaranze ingabo zari iza RPA, bakemera guhara amagara yabo ariko bakabohora abicwaga bazira uko baremwe biyemeza nabo ko mubyo bagomba gukora byose bagomba kurangwa n’ubutwari kandi bagakunda igihugu cyabo baharanira ubumwe n’iterambere by’abanyarwanda.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.