Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubutwari bwaranze ingabo za RPA zahagaritse Jenoside bwakoze ku mutima, Abanyeshuri bari ku masomo abagira ba Ofisiye bato ba RCS

Ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batambagijwe ibice bitandukanye by’iyo nyubako, igiye irimo ibimenyetso byerekana uko urugamba rwo kubohora ubanyarwanda bicwaga bazira ubwoko bwabo, n’uburyo bamwe mu banyarwanda bari baramenesherejwe mumahanga hirya no hino bafashe iya mbere bakemera guhara amagara yabo ngo babohore benewabo bicwaga, aribwo urugamba rwatangiraga bagasoza intego yabo bayigezeho nubwo bitabujije bamwe muribo kuhasiga ubuzima muri urwo rugamba rwo guhangana n’umwanzi.

Basobanuriwe amateka y’iyo nyubako nuburyo yabaye umutaka wabo kuko abanyepolitiki n’abasirikare 600 ba RPA, arimwo bari bari kubwumvikane bwa Leta yari iriho biturutse ku masezerano yari yabereye Arusha muri Tanzaniya yo gusaranganya ubutegetsi, ariko nyuma bagashaka kubatsinda muri iyo nyubako kugirango hatarokoka n’umwe birwanaho mu buryo bushoboka birangira bagenzi babo baje kubunganira baturutse ku murindi aho ibindiro bikuru bya RPA byari biri baboneraho no kurokora abicwaga mumujyi wa Kigali bakomeza urugamba aribyo byanatumye babona intsinzi.

Abanyeshuri bashimye ubutwari n’ubwitange byaranze ingabo zari iza RPA, bakemera guhara amagara yabo ariko bakabohora abicwaga bazira uko baremwe biyemeza nabo ko mubyo bagomba gukora byose bagomba kurangwa n’ubutwari kandi bagakunda igihugu cyabo baharanira ubumwe n’iterambere by’abanyarwanda.

Ubwo abanyeshuri bahabwaga ikaze, bagiye gutangira gusura ibice bitandukanye bigize Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Basobanuriwe amateka menshi ajyanye n’urugamba rwo guhagarika Jenoside n’uko urugamba rwagendaga.
Aha ni ku gice cyo hejuru cy’inyubako bereka abanyeshuri uko urugamba rwategurwaga icyitwa command post abazi imvugo za gisirikare.
Basuye kandi ibimenyetso bitandukanye bigaragaza ubutwari bw’ingabo za RPA n’uburyo zitangaga.
Aha bari ku gice cyo hejuru ku nyubako bareba imbunda yahashije umwanzi wari mu kigo cyabagamo abasirikare barindaga umukuru w’Igihugu.
Basoje gusura ibice byose abanyeshuri bafashe ifoto y’urwibutso ku ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.