Categories: Amakuru ya RCSSlider

Cardinal Antoine Kambanda yasuye Igororero rya Nyarugenge, aha abagororwa isakaramentu ryo Gukomezwa

Mu rwego rwo kubasindagiza mu kwemera, Cardinal Kambanda yahaye Isakaramentu ryo Gukomezwa abagororwa 31, mu gitambo misa idasanzwe yahuriranye n’icyumweru Kiliziya Gatolika yageneye abakene n’abababaye.

DCG Rose Muhisoni, Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), ni we wakiriye Cardinal Kambanda n’intumwa bari kumwe. Mu ijambo rye, yashimiye byimazeyo uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu bikorwa bigamije gufasha abagororwa kugororoka no kugarura intekerezo nzima, ati: “Turishimye cyane kuba izi ntama zose mubona hano mutazirekura.”

Yagaragaje ko imikoranire hagati ya RCS na Kiliziya ari ingenzi mu rugendo rwo kugorora, by’umwihariko mu kubaka indangagaciro no gufasha abagororwa kongera kwiyubaka.

Mu butumwa bwe, Cardinal Kambanda yakanguriye abagororwa kurwanya umutima wa Sekibi ubakurura ku kibi ahubwo bakumvira ijwi ry’umutimanama ubabwira ngo iki ni kibi kireke kuko riba ari ijwi rya roho mutagatifu. Yabasabye kugororoka no kubohoka kuko biri mu bizabafasha mu buzima barimo n’ubuzakurikiraho,

ati: “mu butumwa muhabwa hano mu Igororero natwe nka Kiriziya dushyiraho akacu kugira ngo mugororokere Imana, mugororokere abantu no kugororokera Igihugu kuko iyo umuntu ari hano twese biratubabaza nk’imiryango yanyu inshuti, Igihugu na Kiriziya twese.”

Kiliziya ishimira RCS ku kwita ku bagororwa

Cardinal Kambanda yashimiye ubuyobozi bwa RCS ku mbaraga bushyira mu kubungabunga uburenganzira bw’abagororwa no kubafasha gufata icyerekezo gishya.

Yanashimangiye ko gukorera hamwe hagati ya RCS na Kiliziya Gatolika ari urugero rw’imiyoborere myiza, rutuma intego yo kugorora igerwaho, kandi rwubaka icyizere mu gutanga umusaruro.

Cardinal Antoine Kambana yashimiye imikoranire myiza ya RCS na Kiriziya Gatolika.

DCG Rose Muhisoni, yashimiye Cardinal Kambanda ko batataye intama zabo ziri mu Igororero.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.