Categories: Amakuru ya RCSSlider

Aba ofisiye 15 ba RCS barangije amahugurwa ku buzima bwo mu mutwe n’imibanire

Amahugurwa yitabiriwe n’aba ofisiye 15 baturutse ku magororero atandukanye mu gihugu, barimo abashinzwe ubuzima, abashinzwe imibereho myiza y’abagororwa n’abandi bayobozi mu nshigano zitandukanye ku magororero.

Amahugurwa yakozwe iminsi itanu.

Chief Inspector Vincent Nsengimana ni umuganga ku Igororero ry’abana rya Nyagatere. Avuga ko aya mahugurwa bayakuyemo ubumenyi bubafasha gukemura ibibazo byo mu mutwe bigaragara mu bagororwa ndetse nabo ubwabo ntibibagirwe kwiyitaho kugira ngo bagire ubushobozi bwo kwita ku bagororwa.  Ati “mu byo twabonye harimo kwita ku bagororwa ariko tugendeye ku miterere yabo, ku byatumye bakora ibyaha, bityo ukamenya uko wakira umuntu umeze gutyo n’uburyo bukwiye bwo kumufasha.”

Assistant Inspector Alice Kirabo ushinzwe imibereho myiza y’abagororwa ku Igororero rya Rubavu na Assistant Inspector Jorge Bazimya, bemeza ko amahugurwa nkaya yari akenewe kuko basobanukiwe uburyo bwiza bwo gukemura ibibazo mu buryo burambye hitawe ku mizi yabyo. Assistant Inspector Alice ati “abantu dushinzwe bafite imyitwarire itandukanye, ni yo mpamvu nabonye ko ngomba kumwumva uko aje kose nkamutega amatwi nkamenya n’igituma yitwara gutyo kuko haba hari ikibazo kibiri inyuma, ibi rero birangaragariza ko ngiye gutanga serivisi nzinza kurenza uko bisanzwe.”

Dr. Marie Chantal Ingabire, Umuyobozi wa CBS Rwanda, hamwe n’umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge, bashimiye abatanze amahugurwa n’abayitabiriye ku bushake bagaragaje mu kwihugura no gushishikarira kumenya ibyatuma akazi bashinzwe karushaho gutanga umusaruro.

Dr. Ingabire umuyobozi wa CBSRwanda avuga ko bahisemo gukorana na RCS kubera inshingano zikomeye ifite.

Dr. Ingabire yagize ati: “icyambere nuko amahugurwa abongerera ubumenyi ku bijyanye n’ubuzima bw’imitekerereze,nk’abakozi bashinzwe igorora bizarushaho kubafasha kunoza serivisi kuko bakira abantu benshi ariko kandi bakakira abantu b’umwihariko cyane ko bakira abantu baba baragonganye n’amategeko, ni byiza rero ko muri urwo rugendo rwo gufasha umugororwa kugororoka anafashwa kugira ngo ubuzima bw’imitekerereze bugende neza.”

Yongeyeho ati: “turateganya ko iki gikorwa cyakwaguka kigagera ku yandi magororero, hanyima ikindi ni uko ubumenyi butaba gusa mu gihe abakozi b’igororero batangiye akazi ahubwo ari n’igikorwa gishoboka ko batangira gutegurwa bakiri ku ishuri.”

Amahugurwa yitabiriwe n’abayobozi n’abandi bofisiye bafite inshingano zitandukanye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.