Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abarenga 5,000 mu Igororero rya Rwamagana bagiye guhabwa ubuvuzi bw’amaso

Biteganyijwe ko iki gikorwa kizamara iminsi 10 aho hazavurwa abagororwa basaga 5,000 harimo abazahabwa Indorerwamo  z’amaso zibafasha kureba neza no gusoma, abafite ibibazo bikomeye bakazoherezwa ku bitaro by’isumbuye kandi nta kiguzi basabwe.

Abagororwa bavuga ko bishimiye ubuvuzi bari guhabwa babasanze ku Igororero.

Rukizangango Jean Baptist ni umwe mu bagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana wari ufite indwara y’ishaza mu jisho, avuga ko ashimira ubuyobozi bw’igihugu kuko budahwema kubatekerezaho n’ubwo baba baragonganye n’amategeko. Ati: “nahuye n’abaganga baransuzuma bambwira ko bamfasha kugira ngo nzajye ku bitaro bikuru i Rwamagana koza ijisho ngo bakuremo ishaza ririmo.” Yongeyeho ati”nubwo ndi mu Igororero ndi mu buzima butihebye, ikigaragara ubuyobozi bw’igihugu cyacu buraracyatwitayeho n’ubwo twakoze ibyaha.”

Nsanzimana Alexis na we ni umugororwa wahawe Indorerwamo z’amaso, avuga ko yishimye kuko atarakibasha no gusoma Bibiliya, ati:”najyaga muri Bibiliya nkumva sindi kureba neza ariko ubungubu kuba mbonye Indorerwamo nta kiguzi ntanze byamfashije ndabashimira cyane.”

Nyiraneza Veneranda, umuganga w’amaso ku bitaro bya Rwamagana yavuze ko umubare munini w’abo bari kuvura basanze bakeneye indorerwamo z’ifasha kureba neza hakaba n’abandi bafite ibibazo by’umwihariko nk’indwara y’ishaza, abafite inkovu ku mboni n’ubundi birwayi bukomeye buzasaba kubajyana kuvurirwa ku bitaro bya Rwamagana.

Chief Superintendent Hillary Sengabo, umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) avuga ko iki gikorwa gitegurwa nk’umwihariko kuko abaganga baza kuvurira ku Igororero bigafasha kuvura umubare munini w’abagororwa kandi bari ahantu hatekanye kuruta kujya ku bitaro bihurirwaho n’abantu bose. Avuga kandi ko iki gikorwa atari ubwambere kibaye kuko no kuyandi magororero bikorwa no ku bundi burwayi atari amaso gusa, ati” iki gikorwa ntabwo ari ubwambere kibaye kandi sinubwanyuma, kizajya gikomeza kubaho.”

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.