Categories: Amakuru ya RCSSlider

20% y’amafaranga bakura mu kuboha uduseke n’imitako abafatiye runini mu Igororero

Abagore bakora umwuga wo kuboha uduse n’indi mitako itandukanye bavuga ko uyu mwuga ubafitiye akamaro kanini haba mu buryo bw’amafanga ndetse n’ubuzima muri rusange.

Bavuga ko umugororwa wese ukora uyu mwuga adashobora kubura bimwe mu bikoresho nkenerwa n’iyo yaba adasurwa n’imiryango ye. Uwaboshye agaseke wese iyo kagurishijwe ahabwaho 20% y’ayo kagurishijwe andi akagurwamo ibikoresho byo kubohesha utundi. Ibi bifasha uwakaboshye kubona ibikoresho bimwe na bimwe akeneye kandi atabereye umutwaro abo mu muryango we.

Ababoha uduseke baboneka mu byiciro byose , abakuze n’abato bose bisangamo.

Uwisize Francine umwe mu bagororwa uboha uduseke muri iri Gororero avuga ko atari mu buryo bw’amikoro gusa ubu buboshyi bubafashamo, ahubwo bunabafasha mu buryo bw’imitekerereze no kugorora umubiri.

Ati “kuboha uduseke kuri twe bidufatiye runini muri ubu buzima tuba turimo. Iyo twaboshye aka gaseke tubonaho 20% kandi ibikoresho byose ni igororero ribidushakira nta gishoro dusabwa. Ntitujya tubura amavuta yo kwisiga cyangwa isukari kuko ayo dukura muri aka kazi byose arabidukemurira kandi tutagoye imiryango yacu.”

Yakomeje agira ati “Uretse kuba bidufasha mu buryo bw’amikoro, kuboha uduseke bidufasha kugira imitekerereze myiza no kugorora umubiri, kuko iyo twasohotse tukaza hano kuboha, tuba tuganira, bikaturinda kwitekerezaho n’amasaha akicuma ntitumenye uko umunsi wije. Ikindi kandi iyo turi aha n’imibiri yacu iba ikora siporo ku buryo nta ndwara za hato na hato zipfa kudufata.”

Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe abahagororerwa bakora imyuga itandukanye ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi ndetse bikanafasha Igororero na RCS kugera ku ntego yayo yo kugorora umuntu akazarangiza ibihano bye yarahindutse umuturage mwiza.

Abagororwa mu Igororero rya Nyamagabe baboha imitako n’ibindi bikoresho bitandukanye.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.