CG Murenzi yabanje gushimira abagororwa bari muri iri gororero ku myitwarire myiza n’ikinyabupfura bakomeje kugaragaza bitanga icyizere ko bari mu nzira nziza zo kugororoka. Abasaba gukomeza uwo murongo mwiza barimo abibutsa ko bagomba kubahana hagati yabo, birinda icyo ari cyose cyabazanamo umwuka mubi no mu Igororero muri rusange.
Yasabye abagororwa kwirinda kwinjiza ibitemewe byose mu igorororo kuko bishobora guhungabanya umutekano w’igororero ndetse n’uw’igihugu. Yabasobanuye ububi bw’ibitemewe byose kuko haba harimo n’ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bwa muntu. Yaburiye abazagerageza kubyinjiza ko bazabihanirwa cyane ko haba harimo n’ibihanirwa n’amategeko.
Abagororwa bibukijwe ko n’ubwo bagonganye n’amategeko batabaye ibicibwa mu muryango Nyarwanda. Yababwiye ko bakiri Abanyarwanda kandi igihugu kikibakeneyeho umusanzu wabo. Abasaba gukomeza kubahiriza no gukurikira neza gahunda zose zabashyiriweho zijyanye n’igorora ku buryo bazarangiza ibihano byabo barahindutse abaturage beza.
CG Murenzi yijeje abagororwa ko Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ruzakomeza kubaba hafi, buri mugororwa agakora igano yahawe mu mahoro no mu bwisanzure, anabasaba kujya babwira Ubuyobozi bw’Igororero ibibazo bafite hakiri kare kugirango bikurikiranwe imibereho yabo ikomeze kugenda neza.
Abagororwa bishimiye Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS.
Abagororwa mu Igororero rya Nyamasheke bibutswaga ko bagomba kuzarangiza ibihano barahindutse abaturage beza.
CG Evariste Murenzi yahaye umwanya abagororwa bamugezaho ibitekerezo, ibibazo n’ibyifuzo bafite.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.