Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ry’Igororero rya Bugesera biteguye kubyaza umusaruro ibyo baryigiyemo

Uretse kuba aba bagororwa bivugira ko ubumenyi ngiro bigira muri iri gororero bazabubyaza umusaruro mu gihe bazaba basoje ibihano, banavuga ko kujya mu ishuri banakora imyitozo y’ibyo bize bibahuza bakaruhuka no mumuwe bityo no kwitekerezaho bibatera kuguma mu mwijima w’ibyo bahozemo bikarangira.

Muri iri shuri ibyiciro byose by’abagororwa byaba iby’abato cangwa iby’abakuze bafite ubushake baba bemerewe kwiga. Buri wese ahabwa uburenganzira bwe bwo kwiga umwuga ashaka yanabishaka akiga umwuga urenze umwe. Mu ishuri ry’Imyuga n’ubumenyingiro ry’ Igororero rya Bugesera higirwamo amashanyarazi, ubusuderi n’ubudozi bw’imyeda.

Muri gahunda yo kugorora ngo umugororwa azasoze ibihano afite icyo azamarira umuryango Nyarwanda ndetse nawe abashije kwibeshaho; Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwashyizeho amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ayo kwiga kubara, gusoma no kwandika; ngo bifashe igihugu kugabanya abantu bafungwa incuro nyinshi bitwaje kubura akazi; ndetse no kurwanya kwisubiramo kw’ibyaha bitewe n’ukutamenya gusoma no kwandika bityo bamwe bakishora mu makosa batazi ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rumaze igihe kitari gito rutangiye gahunda yo kugorora ruvuye ku gufunga, aho abagororwa bashyirirwaho gahunda zitandukanye zo kwigishwa. Abagororwa bahabwa amasomo ajyanye n’ubumenyi busanzwe mu ishuri (Academic skills) nk’abana bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, amasomoy’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ay’isanamitima.  Bityo buri wese agahabwa amasomo bijyanye n’icyo akeneye cyangwa se ibyo ubuyobozi bw’igororero bwasanze akeneye kurusha ikindi.

Iyi gahunda ifasha umugororwa kuzarangiza igihano cye yaragororotse haba mu buryo bw’imitekerereze, imyitwarire ndetse no mu bumenyi busanzwe buzanamubeshaho ageze mu buzima busanzwe.

Abagororwa mu Igororero rya Bugesera biga mu ishuri ry’ubudozi

Bimwe mu byo abagororwa bo mu ishuri ry’umwuga w’ubusuderi biga gukora

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.