Iyi gahunda yo kuganiriza Abororwa bari kurangiza ibihano bahamijwe ibyaha bya Jonoside, bigirwamo uruhare na Minisiteri y’ubumwe n’ubudahenwa by’abanyarwanda, mu rwego rwo kubategura gusubira mu buzima busanzwe bakabana neza nabo bahemukiye bakabicira ababo nkuko gahunda Leta y’U Rwanda yahaye yo kugira igihugu cyunze ubumwe, aho abari gusoza ibihano batagurwa bakigishwa inyigisho zitandukanye zirimo kwirinda ikintu icyaricyo cyose cyatuma bongera kwisanga mu macakubiri.
Ni igikorwa cyitabirwe na Komiseri Mukuru wungirije w’urwego rw’u Rwnda rushinzwe Igorora RCS, DCG Rose Muhisoni wasbye abitgura gusoza ibihano gukurikirana neza inyigisho bahabwa, ababwira ko izo nyigisho zizabafasha kubana neza mumuryango nyarwanda, asoza ashimira Minisitiri Bizimana waje gutanga ikiganiro kuri aba bagororwa.
Minisitiri Bizimana mu ijambo yagejeje ku bagororwa bariguhabwa inyigisho, yabasabye kuzagenda barahindutse kuko icyaha bakoze ari indengakamere ko bagomba kuzasubira mu buzima buzanzwe bagaragaza ko bahindutse, ahubwo bashishikajwe no kubaka igihugu kizira amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside kuko Leta y’u Rwanda icyo ishyize imbere ari iterembere ry’abaturage n’ubumwe bw’abanyarwanda.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego z’umutekano, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe ndetse n’abakozi b’umwuga b’urwego bakorera ku Igororero ry’abagore rya Nyamagabe.
Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…
Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
This website uses cookies.