Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Murenzi yakiriye itsinda riyobowe n’Umuyobozi wungirije w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Namibia, baje kwiga sisiteme ya IECMS

Mu biganiro byabaye, iri tsinda ryasobanuriwe uburyo butandukanye u Rwanda rwashyizeho mu koroshya inzira z’ubutabera no kunoza uburyo bwo kugorora zirimo; isuzuma ryihuse ry’imanza, kwemera icyaha kugira ngo igihano kigabanywe, guhabwa ubufasha mu by’amategeko ku batishoboye, kurekurwa bitewe n’imyitwarire myiza, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange no gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe binyuze muri halfway home.

Basobanuriwe kandi akamaro k’imikoreshereze ya IECMS, irimo guteza imbere imikorere inoze, kongerera ubuyobozi ubushobozi bwo gukurikirana no kugenzura dosiye z’ubutabera, kurinda umutekano w’amakuru, koroshya uburyo bwo kuyageraho no kuyohereza, ndetse no guhuza ibikorwa hagati y’inzego zitandukanye.

Hon. Petrus Damaseb yavuze ko yanyuzwe n’imikorere ya IECMS

Mu ijambo rye, Hon. Petrus Damaseb yavuze ko uruzinduko rwabo rwari rugamije kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu gukoresha ikoranabuhanga mu butabera, kuko na bo muri Namibia bafite intego yo kugendana n’iterambere mu rwego rw’ubutabera. Yavuze ko byinshi bize bizabafasha kubaka sisiteme y’ikoranabuhanga isa n’iyo mu Rwanda, binyuze mu bufatanye buzakomeza hagati y’impande zombi.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.