Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Biruta yinjije abakozi bashya 546 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Abarangije aya mahugurwa bagizwe n’abakobwa 200 ndetse na basaza babo 346, bose biyemeje gukorera Igihugu, batanga umusanzu mu kugorora no gucungira umutekano abagororwa n’abantu bafunze.

Umuyobozi w’Ishuri ry’amahugurwa rya RCS; SSP Jean Pierre Olivier Bazambanza, yavuze ko mu mezi 11 bari bamaze, bahawe amasomo yo kugorora, amasomo ya gisirikare arimo gukoresha intwaro n’imyitwarire inoze, imyitozo njyarugamba yo kubafasha kwirinda no gucunga umutekano w’abagororwa n’abantu bafunze.

Senior Superintendent Olivier Bazambanza; umuyobozi wa RCS Traning School Rwamagana

Yagize ati “bize amasomo atandukanye abaha ubumenyi, ubushobozi n’imyitwarire ya kinyamwuga isabwa abakozi bato b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora. Bahawe ubumenyi ku byerekeye kugorora no kubahiriza uburenganzira bw’abafunzwe, bize amasomo ya Gisirikare arimo ikoreshwa ry’imbunda, amasomo n’imyitozo ibaha ubushobozi bwo kugira ‘discipline’ ndetse n’ubushobozi bwo kumva amabwiriza hamwe n’imyitozo ngororamubiri.”

SSP Bazambanza yasobanuye ko batangiye aya mahugurwa ari abanyeshuri 550, ariko 2 ntibabasha gusoza amahugurwa ku mpamvu z’imyitwarire ihabanye nindangagaciro z’Urwego rw’urwanda rushinzwe Igorora, mu gihe abandi 2 bo boherejwe kwiga amasomo ya Kaminuza mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC).

Minisitiri Biruta yashimiye aba banyeshuri 546 basoje amahugurwa, kubwo gukunda Igihugu no gushishikarira kugikorera. Yabasabye gukomeza gukunda igihugu mu nshingano bagiyemo bimakaza indangagaciro z’igorora no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Ati “tubatezeho kubumbatira umutekano w’Igihugu biciye mu gucunga neza amagarorero muzaba mukoreraho, mushyira mu bikorwa inyigisho zo kugorora nkuko mwazihawe, mwita ku burenganzira bw’abafunzwe, mwirinda imyifatire igayitse no kwishora mu byaha n’amakosa y’akazi.”

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta yatanze ipeti rya Warder ku banyeshuri 546 bashoje amahugurwa y’amezi 11 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora.

Abanyeshuri 3 bahize abandi bahawe ibihembo.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

5 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.