Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro bishimira ko bibafasha mu buryo bw’amikoro no kugira ubuzima buzira umuze

Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro nk’ububumbyi bw’amatafari n’amategura, ubukorikori n’ubugeni bavuga ko bibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi kuko bahabwa 10% kuri buri muntu wese wakoze bitewe n’ibyo yakoze, inyungu yinjije mu mafaranga bityo bigatuma abona ibyo akeneye adasabye ubufasha abo mu muryango we.

Abagororwa kandi cyane cyane abageze mu myaka y’izabukuru bajya muri iyi mirimo nyongeramusaruro bavuga ko kujya mu mirimo inyuranye babifitemo n’izindi nyungu nyinshi. Abo twaganiriye ku Igororero rya Huye bavuga ko kujya mubikorwa nyongeramusaruro bitandukanye bibarinda gufatwa n’indwara nk’imitsi, diyabete, n’izindi kuko muri iyo mirimo umubiri uba urimo gukora.

 Nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’Igororero rya Huye SP Eric Ntakirutimana, avuga ko uretse kuba iyi mirimo nyongeramusaruro ikorerwa kuri iri gororo ifasha abayikora ubwabo inafatiye runini n’abandi bagororwa baba basigaye mu igororero kuko nk’ubuhinzi bw’imboga n’imbuto ndetse n’ubworozi bw’inka (amata yazo) bifasha kurwanya imirire mibi cyane cyane ku bagororwa bakuze n’abarwayi baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rugira gahunda nyinshi zitandukanye zifasha umugororwa kugira icyo akora ku buryo kigira icyo kimwungura haba mu bumenyi, mu mibereho n’ubuzima buzira umuze. Mumagorero yose kandi abagororwa bagira imikino n’imyidagaduro bibafasha kwirinda ubwigunge maze ubuzima bwabo bugakomeza kuba bwiza.

Mu bikorwa Abagororwa n’abantu bafunze bakora harimo ubuhinzi n’ubworozi.

Ibikoresho n’imitako bikorwa n’abagororwa ndetse n’abantu bafunze biragurishwa bagatwara 10% by’inyungu yavuyemo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

3 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.