Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubumenyi yakuye mu ishuri ry’imyuga mu Igororero rya Nyamagabe buzamufasha kwibeshaho

Madamu Nyirahabiyaremye Jeanne d’Arc wabanje kwiga ibijyanye no gutunganya imisatsi (Hair dressing) nyuma akaza kurangiza amasomo akaba nawe umwe mubarimu bigisha abandi bagororwa uyu mwuga, yavuze ko n’ubwo yari ari mubihano ariko ubuyobozi bw’igororero bwamufashije we na bagenzi be kunguka ubumenyi buzabafasha kwiteza imbere nyuma yo kurangiza ibihano bahawe.

Yavuze kandi ko asoje ibihano bye afite n’ingamba zikomeye zo kuzabyaza umusaruro ubumenyi yavomye mu Igororero rya Nyamagabe; yemeza ko azahita ashinga inzu itunganya imisatsi bityo bikazamufasha kwiteza imbere we ubwe, umuryango n’igihugu muri rusange maze bikamurinda ikindi kintu cyose cyatuma yongera kugongana n’amategeko.

Abagororwa batandukanye biga muri iri shuri ry’imyuga ry’ Igororero rya Nyamagabe bakomeje bashimira by’umwihariko Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rudahwema gukurikirana icyabateza imbere.

Umuyobozi w’Igororero rya Nyamagabe SP Donatha Mukankuranga yavuze ko hari Ubuhamya bwinshi bw’abahoze bagororerwa muri iryo gororero biteje imbere babikesha ubumenyi bigiye mu ishuri ry’ imyuga ry’Igororero rya Nyamagabe.

Igororero rya Nyamagabe rigorororerwamo abantu b’igitsina gore, hatangirwamo amasomo atandukanye y’ubumenyingiro ajyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, gutunganya imisatsi, inzara n’ibindi by’ubwiza, kudoda, kuboha imitako itandukanye n’uduseke.

Mu rwego rwo kurinda abagororwa kuzongera kwijandika mu byaha nyuma yo kurangiza ibihano, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora rwashyizeho gahunda yo kwigisha amasomo asanzwe ndetse n’ajyanye n’ay’ubumenyingiro mu magororero yose aho umugororwa wese ubishaka yiga  akarangiza ibihano bye ashoboye kujya ku isoko ry’umurimo nk’abandi bose bize mu mashuri asanzwe bityo akibeshaho.

Abagororwa bari mu ishuri ry’igororero kwiga gutunganya imisatsi.

Mu bumenyi bakura mu Igororero rya Nyamagabe harimo no kwiga kogosha kinyamwuga.

Higirwamo gutunganya inzara muburyo bugezweho.

Ishuri ry’imyuga mu Igororero rya Nyamagabe biga kuboha imyenda.

Abagororerwa muri iri gororero bigiramo kuboha uduseke n’indi mitako ya Kinyarwanda.

Iri shuri ryigisha abagororwa gukora imitako mumasaro y’ubwoko butandukanye.

Imitako n’udusakoshi bikoze mumasaro bikorwa n’abagororerwa mu Igororero rya Nyamagabe

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.